Rubavu: Mukanyarwaya wakuwe mu nzu n’umuhesha w’inkiko arasaba Leta ubufasha bwo kubona icumbi.

 

Yanditswe Ngaboyabahizi Protais

 Mukanyarwaya  Jeanne utuye  mu mudugudu wa Mizingo   w’akagari ka Kanyirabigogo  mu murenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu      arasaba kurenganurwa akabona  icumbi nyuma  yo gusohorwa munzu n’umuhesha w’inkiko   kuri ubu  ngo uyu mubyeyi we  n’abana be babiri  bakaba bamaze ibyumweru bibiri  bakambitse   hanze  mu ihema 

Kuba uyu muryango umaze ibyumweru bibiri wibera hanze  mu ihema, ngo byaturutse ku rubanza rwa  gatanya  uyu mubyeyi Mukanyarwaya Jeanne avuga ko   yaburanye n’umugabowe witwa Munyaneza Nzabanita ,   hanyuma ngo ruza kurangizwa mu buryo uyu mubyeyi  avugako atishimiye, kuko ngo   umuhesha w’inkiko yaje guteza  cyamunara inzu uyu mubyeyi  yabanagamo n’abana be babiri  maze bayisohorwamo ,  biba intandaro yo kuba bamaze ibyumweru bibiri bibera mu ihema imbere y’iyo nzu basohowemo

Ubwo twaganiraga n’uyu mubyeyi  Mukanyarwaya Jeanne yagarutse ku miterere  y’ ibibazo byatumye we n’abana be  basohorwa munzu bakaba barimo kurara hanze  mu buzima bavuga ko butaboroheye na gato.

Yagize ati: “Ubu turi mu bihe by’imvura kandi binkomereye naburanye n’umugabo wanjye ubutane, umuhesha w’inkiko araza arangiza urubanza ntiyagira icyo ampa mu bijyanye n’umutungo twashakanye, ubu muri cyamunara nta faranga bampaye nibira ngo mbe nakodesha, ikindi habayemo amannyanga kuko hari inzu yo mu gikari umugabo wanjye yavuze ko ari iya mabukwe mu rwego rwo kujijisha  ngo yikubire umutungo, nakorewe akarengane ndifuza ko ubuyobozi bundenganura nkaba nabona aho kuba kuko imbeho igiye kuzantera umusonga n’abana banjye”.

Mukanyarwaya aba hanze mu ihema (foto Ngaboyabahizi Protais).

Uyu  mubyeyi akomeza avuga    ko kuri ubu  ubuzima bwe n’abana be  buri mu kaga gakomeye  ; hagati aho  akaba asaba ko   bafashwa kubona aho baba   bikinze    mu gihe ibibazo bye bigikurikiranwa n’inkiko  ndetse n’indi nzego z’ubbuyobozi  dore ko ngo  yajuririye mu zindi nkiko .

Mukanyarwaya asaba guhabwa aho yajya ahungira imbeho n’imvura (Foto Ngaboyabahizi P)

Abaturanyi b’uyu muryango nabo baravuga ko  uyu muryango ubayeho mubuzima butoroshye ,nyuma yo gusohorwa munzu  kuri ubu ukaba urimo kurara hanze   nabo bakaba bawusabira ko  wabona aho  waba ukinze  umusaya;  mu gihe ibibazo byabo bigikurikiranwa nk’uko umwe muri bo yabitangarije Rwandayacu.com.

Bimwe mu bikoresho bya Mukanyarwaya biba hanze (Foto Ngaboyabahizi P).

Yagize at: “ Kuba uyu mubyeyi aba hanze na twe ni ikibazo kiduhangayikishije, reba iyi mbeho ntitwanze ko ubutabera bukora ibyo bugomba, ariko nanone Mukanyarwaya akeneye uburenganzira bwe , ni gute ubuyobozi bureberera abana n’umubyeyi bicwa n’imbeho inzara, ibintu byabo biri hanze umuntu akabaho nk’impunzi mu gihugu cye, twifuza ko uyu mubyeyi yahabwa uburenganzira kuko kubera umugabo we ububasha yihaye yaramuhohoteye afatanije n’umuhesha w’inkiko bagurisha imitungo mu buriganya, dufite ndetse impungenge ko umunsi umwe tuzasanga yapfuye , ibintu natwe bituma tudasinzira ”.

Abaturage bo muri Mizingo bavuga ko babangamiwe no kuba Mukanyarwaya arara hanze (Foto Ngaboyabahizi P)

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Kanyibigogo   Niyitgeka Jean  Pierre, nawe ashimangira koko ko uriya mubyeyi n’abana babayeho nabi, gusa ngo bagiye gukora ubuvugizi iki kibazo kibonerwe umuti.

Yagize ati: “ Uriya mugore yaburanye n’umugabo ubutane ,Umuhesha w’inkiko aza kurangiza urubanza mu buryo bwemewe n’amategeko, numvise ko hari n’amafaranga bagabanye mu cyamunara we bayamuha akayanga, gusa ntabwo nari nziko kluri ubu aba hanze, nari nzi ko uyu muryango ucumbitse mu baturanyi, niba rero ari uko bimeze ngiye kumusura ndebe icyakorwa nyuma yo kumukorera ubuvugizi kuko nta munyarwanda ukwiye kurara hanze kuko n’inka ziba mu biraro”.

Hamwe na hamwe mu Rwanda hakunze kumvikana  irangizwa ry’imanza  zirimo no   guteza cyamunara cyangwa se  gusohorwa  mu nzu   zigatezwa cyamunara  kugirango  hashyirwe  mu bikorwa ibyemezo by’urukiko  ;cyakora   hari ubwo   bamwe mu baburanyi batishimira imikirize bikaba ngombwa ko hitabazwa  inzego zisumbuye ,  aha akaba ariho bamwe mu baturage bahera basaba ko  mu rwego rwo guca akarengane      hajya habaho   ubushishozi n’ubucukumbuzi  bwimbitse  mu   mu nzego  z’ubutabera ndetse  n’izishinzwe  gushyira mubikorwa ibyemezo  by’inkiko.

 666 total views,  2 views today