Musanze:Ikigo cy’amashuri cya Gahondogo kibangamiwe n’abaturage banyuramo

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Abanyeshuri   n’abarimu bo ku kigo cy’amashuri cya Gahondogo  giherereye mu murenge wa Musanze w’akarere ka Musanze ;bavuga ko babangamiwe   n’inzira  z,abagenzi zinyura  rwagati muri iki kigo  bigatera  uburangazi  bitewe n’urujya n’uruza rw’agenzi ndetse n’ibinyabiziga  aho basaba ko  izo nzira zanyuzwa ahandi ndetse n’iki kigo cyazitirwa.    Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bwo butangaza ko  izi nzira zinyuze mu kigo rwagati  zigiye gufungwa  mu gihe hategerejwe ibikorwa byo kuzitira.Iyo uganiriye n’abarimu ndetse n;abanyeshuri bo kuri iki kigo cy,amashuri cya Gahondogo   cyubatswe mu kagari ka Cyabagarura mu  murenge  wa Musanze w’akarere ka Musanze ,bavuga ko  bahura n’imbogamizi zikomeye  ziterwa n’inzira z;bagenzi   zinyura rwagati muri iki kigo   bikabangamira abarimu ndetse n’abanyeshuri cyane  mu gihe cy;amasomo, nk’uko nk’uko Mukamana Leonile yabitangarije rwandayacu.com

Yagize ati: “ Kuba iki kigo kitazitiye ni bimwe mu bibangamira ihame ry’uburezi muri hano, ujya gutangira isomo ukabona ngiyo moto , amagare apakiye inzagwa, abaturage baba bamaze kwinywera imisururu, abana baba baje gukinira mu kigo kandi bo batari mu masomo, ngayo amatungo aje hano , ubwo ibi byose ni byo bituma umwana arangara ntakurikire neza, twifuza rwose ko iki kigo cyagira uruzitiro , kuko nanone ntabwo tuba twizeye umutekano w’aba bana bacu na twe ubwacu bashobora kumugonga , cyangwa se inka ikamwica”.

Abanyeshuri nabo bashimangira ko  kuba ikigo cyabo kitazitiye bibabangamira

Umwe yagize ati: “ Iyo turi kwiga twumva imiziki kubera ko hari amakabari ahana imbibe n’ikigo cyacu, amaradiyo avuga cyane hari bamwe rero baba bibereye muri izo ndirimbo baziririmba mu mitima yabo, aho gukurikira amasomo, ibi rero bituma nyine dutsindwa , ikindi ni uko hari bamwe mu banyeshuri batoroka ikigo uko bishakiye, twifuza rwose ko batuzitira ishuri”

Mu bushobozi buke ikigo cya Gahondogo mu kuzitira ikigo bwakoresheje amabati n’ibiti

Nsanzabaganwa Alexis  Umuyobozi w’iki kigo cy’amashuri abanza  cya Gahondogo Nsanzabaganwa Alexis    avuga ko iki mibazo bakigejeje ku nzego bireba kugira ngo  kibe cyabonerwa umuti.

Yagize ati: “   Mu bushobozi buke bw’ikigo   twagerageje gufunga zimwe mu nzira zacaga muri iki kigo, ariko   nta muti urambye byatanze  tukaba dusaba inzego zibishinzwe kudufasha kugira  iki  kigo kibe cyazitirwa   kuko   ari wo muti  wakemura iki kibazo  mu buryo burambye”.

Umuyobozi w’ikigo cy’amashuri cya Gahondogo Nsanzabaganwa Alexis, avuga mu bushobozi buke bazitiye ikigo n’amabati ndetse n’amabuye.

Kuri iki ibazo Umuyobozi w’akarere  ka musanze mme Nuwumuremyi Jeanine atangaza ko iki kibazo ibonerwe umuti.

Yagize ati: “  Inzira  zose zinyuze hagati y’amashururi ntizemewe    hagati aha rero inzira hagati y’amashuri zigiye guhita zifungwa  ,mu gihe hategerejwe ko   hatangira ibikorwa byo kuzitira  n’ubwo   bisaba   amikoro  ariko bigomba gukorwa    kugira ngo abana  bajye biga bafite umutekano usesuye”.

Kugeza ubu iki kigo cy’amashuri  abanza  cya Gagondogo gifite abanyeshuri bagera ku 1125    byumvikana ko  atari umubare muto   bityo ngo umutekano w iki kigo bigaho kubijyanye no kuzitirwa  ukaba ukenewe,  kugira ngo   akajagari k’inzira  z’abaturage  zinyura muri iki kigo  kagabayuke    bityo abanyeshuri bajye   biga batarangaye ndetse byorohereze n’abarimu kubakurikirana  neza .

 1,350 total views,  2 views today