Ibihugu bigize EAC byahawe Laboratwari ngendanwa zishobora gupima Ebola na Coronavirus
Yanditswe na Gasana Jean Baptiste
Ibihugu byibumbiye mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, (EAC) byahawe n’uyu muryango laboratwari ngendanwa n’ibikoresho bizabifasha gupima indwara nka Ebola ndetse na Koronavirusi.
Izi modoka baziherewe ku kiciro cya EAC muri Tanziya.
Izi modoka zahawe ibihugu bigize EAC kuri uyu wa gatatu tariki ya 15 Mata, 2020 uko zigera ku 9 ;aribyo Sudan y’Epfo ihabwa imwe, Uganda ihabwa ebyiri na Tanzania ihabwa ebyiri Burundi bwahawe imwe, Kenya ihabwa ebyiri, u Rwanda ruhabwa imwe,
Kugeza ubu EAC itangaza ko yamaze guhugura abakozi bagera kuri 18, bashobora gukoresha izi Laboratwali ngendanwa, bakaba bashobora no guhugura abandi mu bihugu byabo ;izi Laboratwali kandi zikaba zifite ubushobozi bwo gupima udukoko tw’amko menshi, harimo n’izigize kagarara nka Ebola na nka Covidi- 19, hakaba hatanzwe n’udupfukamunwa , inkweto n’ibindi mu rwego rwo gukumira covidi -19
Mu bihugu binyamuryango bya EAC, Uganda ifite abantu 55 banduye Coronavirus, Burundi 5, Kenya 225, Tanzania 59, Sudan y’Epfo ni 4.n’aho Rwanda 134 .
545 total views, 2 views today