ADEPR ntishyigikiye imiryango ibana mu buryo butemewe n’amategeko .Reverand Pastor Ndagijimana

 

Yanditswe na Ishimwe Honore.

Ubwo imiryango igera kuri 36, yasezeranaga mu buryo bwemewe n’amategeko mu murenge wa Nyamiyaga akarere ka Gicumbi, Ubuyobozi bw’iItorero rya ADEPER Paruwasi ya Nyamiyaga ururembo rwa  Byumba,ryatangajeko rishyigikiye ko imiryango mbere yo kurushinga ikwiye gusezerana imbere y’Imana ariko nanone ko ikwiye kugera imbere y’amategeko kugira ngo hirindwe amakimbirane mu miryango .

Reverand Pastor Ndagijimana Mathieu,uyobora Paruwasi ya Nyamiyaga,

Yagize ati: “ Ni byiza ko abantu babana babanje gusezerana imbere y’Imana, ariko nka twe abavugabutumwa, kuko dushyigikiye ko imiryango ibana mu mahoro azira amakimbirane no gutandukana bya hato na hato , twemera ko no gusezerana imbere y’amategeko ari ngombwa, dukomeza gukora ubukangurambaga rero , haba gusezerana ndetse no mu zindi gahunda nziza za Leta zigamije kuzamura umuturage mu buzima bwiza”.

Bamwe mu miryango yasezeranye, bavuga ko bari babanye mu buryo ubwizerane bwagerwaga ku mashyi bagahora  baryana  ndetse  abana babo  ntibagire  uburenganzira  ku mitungo, nk’uko Munyabyumba  Jean de Dieu waseranye na   Mukandahiro Consolle  nyuma y’imyaka  10  babana  nta sezerano ,nyuma yo gusezerana bavuga isezerano ryongeye ikizere mu mibanire yabo.

Munyabyumba yagize ati: “ Ntabwo twizeranaga kuko imitungo wasangaga buri wese yumva ko afite ikintu ke mu rugo, kubera ko nta kizere twari dufitanye ariko kuri ubu hari icyo bigiye kutwongerera  mu mibanire yacu kubana mudaseranye ni ikibazo gikomeye, ndasaba ko buri wese wubatse asezerana mu buryo bwemewe n’amategeko”.

Munyabyumba na Mukandahiro baseranye ivangamutungo

Mukandahiro Consolle   ni umugore wa Munyabyumba yagize ati: “ Uzi ,ubana n’uwo mutasezeranye imbere y’amategeko, muhora muryana bikagera no mu bana , nk’ubu yahoraga avuga ngo abana ni abanjye , ubu rero turasezeranye  abana bacu bagize uruhare ku mitungo twashaktse, kandi noneho ubu nta mutungo nkigira iwanjye nigengaho ndetse n’uwo twashakanye ni uko”.

Iyi miryango   yasezeranye   ifite   abana  bafashwa  n’umushinga  Compassion  International  ukaba ushyigikiye ko bahabwa uburenganzira  bwabo no kuvanwa  mu bukene   ,HavugimanaFravien  ushinzwe  gukurikirana  ibikorwa  byuyu  mushinga       mu karere ka Gicumbi  n’ibice  bya Nyagatare  ,avuga  ko  gufasha  umuryango  gusezerana  ari  ugukomeza  gushyigikira  wa mwana  arindwa  ingaruka  ziterwa  n’amakimbirane  imiryango  ibanye muri ubu buryo   ihura  nayo.

Yagize ati: “ Gusezerana ni ikimenyetso ko umwana agiye kubaho mu mahoro , ubuzima n’umutekano bye bibungabunzwe, iyo umuryango usezereranye rwose ukorera hamwe ukizamura ugatera imbere n’igihugu kikakazamukira”.

Umunyamabanga nshingwabikorwa  w’umurenge  wa  Nyamiyaga  Bayingana  Jean Marie Vianney ashima  ubufatanye  bw’abafatanyabikorwa  nk’aba mugutuma  umuryango  uhabo  utekanye .

Yagize ati: “  Turasaba imiryango ,kubana mu mahoro, bakamenya uburenganzira bw’abana, umuryango urwanya amakimbirane mu Rwanda ni wo dushaka, ikindi ni uko n’abandi basigaye bihutire gusezerana ntibakazitirwe n’ibyo bashobora kwiyakiza nyuma yo kuva ku murenge, kuko icya mbere ni isezerano”.

Amakimbirane  ashingiye  ku mutungo  ku bwo  gukurura  bishyira  kwa buri wese ,kwitwa  indaya  ,kubuza  uburenganzira  abana n’ibindi  ni zimwe  mu ngaruka  z’isobanurwa  nk’izibasira  imiryango  ibanye  muburyo budakurikije  amategeko,ubuyobozi  kimwe  n’abafatanyabikorwa  bakaba  bavuga  ko hakomejwe  ubukangurambaga  bushishikariza  ababanye  uko  kubireka  bagasezerana  kuko  aribyo  bituma  umuryango  ubana uhuje  imbaraga.

 726 total views,  2 views today