Musanze :  Abahoze mu itsinda ry’ibihazi biyemeje guhinduka bagahindura abandi

 

Yanditswe na Setora Janvier

Mu murenge wa Muko mu karere ka Musanze , havutse itsinda  ry’abasore ryitwa “Hinduka uhindure abandi”  muri gahunda yo kwirinda ibyaha ahubwo  bakaba umusemburo w’iterambere.

Hinduka uhindure abandi   ni itsinda ry’abasore  bahoze mu mutwe  w’insoresore  zari zizwi nk’ “ibihazi ” cyangwa se “ibyihebe”  aba basore bakaba barakunze kurangwa no  guhungabanya umutekano aho bamburaga abaturage ibyo bibikapu , amaterefone n’ibindi  harimo gufata abagore ku ngufu , gutobora amazu, gukubita no gukomeretsa  kandi byose bikagendana no gukoresha  cyangwa kunywa ibiyobyabwenge.

Uyu mutwe w’ ibihazi ngo wakoranaga bya bugufi n’abagore n’abakobwa bakoraga ingeso mbi y’ubumaraya  ariko nabo bakaba baribumbiye mu itsinda rizwi nk’ “itorero  ry’ubumwe n’ubwiyunge” aho ubu batangiye guca ukubiri n’ingeso mbi y’ubumaraya, bakaba bakora imirimo ibinjiriza amafaranga bakabasha kwibeshaho n’abana babyariye mu bumaraya  batabanje kwicuruza.

Bamwe mubagize aya matsinda baganira n’ikinyamakuru Rwandayacu.com bavuze baciye ukubiri n’ingesombi z’ubumaraya, ubujura n’ibiyobyabwenge, bakaba baratangiye inzira nziza y’iterambere mu indangagaciro  z’umuco nyarwanda.

Munyembanza Jean Baptiste  wari uzwi ku izina rya “Intara ”

Agira ati “  Nkiva mu ishuri, nahuye n’abahungu 4 bambwira ko bakoresha itabi [ibiyobyabwenge] birimo n’urumogi , ndabakurikira ariko nsanga bitangiye kunteranya n’ababyeyi  ndabahunga njya  gukora mu ruganda mu karere ka Nyagatare  ariko  nkomeza kunywa urumogi  kuburyo byageze naho banyirukana. Nagarutse mu karere ka Musanze noneho ndi ruharwa ku rumogi ndetse no mu bujura aho nabifungiwe inshuro ebyiri ariko biba byiza ku nshuro ya kabiri mva muri Gereza narabyihannye. Nkigera mu rugo iwacu  mu murenge wa Muko, mpasanga umuyobozi  w’umurenge ansaba ko nareka ubujura no kunywa ibiyobyabwenge, ndamukundira ndabireka none ndi kugenda ntera imbere kandi n’abaturage bambonagamo ibyo bibi byose nka Shitani , basigaye banyizera kuko n’ubu mfite akazi k’ubuzamu kwa Salongo Mayanja. ” 

Yakomeje avuga n’impamvu  bamwitaga  Intara agira ati “ Kwitwa intara nuko nakinaga umupira ariko mfite akaboko karekare[ umujura] aho twajyaga gukina hirya no hino mu turere ariko nkavayo nibye bikarangira ikipe yose nyisize icyashya[isura mbi]. Aha ni naho mpera mpamya ko nahindutse nkaba mfite  n’abo ngiye guhindura.”

Iri tsinda rya Hinduka, uhindure abandi  rifite n’abayobozi  barimo na Mugiraneza Aimé ari nawe uribereye Visi Perezida. Yabwiye Valuenews.info ko bari batunzwe n’ubujura bwa kiboko byo we yise  gutera Kaci ( Kachi ) kandi ibyo bambuye cyangwa bibye bakabisangira na ba bakobwa n’abagore bari mu ngeso mbi z’ubumaraya.

Ati , « Mu itsinda ry’ibihazi, twarangwaga no gutera Kachi , tukiba inkoko, ibitoki n’ibindi twabaga tubonye bishobora kuduhesha amafaranga  ariko nayo twamaraga kuyabona tukayajyana mu ndaya. Gusa Gitifu w’umurenge wa Muko yaje kudusaba kuva muri ibyo bikorwa bibi kuko byatugiragaho ingaruka  mbi nyinshi zirimo no kuhasiga ubuzima ariko kugeza ubu turakora ibyiza kandi urugendo rurakomeje  kuko njye sinzongera na rimwe gusubira mu kigop cy’inzererezi cya  IWAWA  dore ko nagezeyo ariko mvayo mfashe  icyemezo cyo guca ukubiri n’ ibikorwa bibi.»

Niyibizi Jean Marie Vianney , Ishimwe Ndayambaje, Nsengimana Jean d’Amour n’abandi na bo bashimangira ko  bari batunzwe no kunywa ibiyobwenge , ubujura , gufata abagore ku ngufu n’ibindi  bihungabanya umutekano w’abaturage.

Abahoze ari Ibihazi n’indaya muri Muko barahindutse (foto Setora Janvier).

Ni mu gihe abagore n’abakobwa bari  mu ngeso mbi z’ubumaraya ubu bibumbiye mu itorero ry’ubumwe n’ubwiyunge  kuko akensho bari muri bamwe basenya ingo z’abandi aho kugeza ubu batanga ubuhamya ko ibyo bakoraga bahuriragamo n’ibibi  byinshi bishobora kubicira ubuzima birimo kwicwa bahotowe kuko baryamanaga nabo batazi,  kwandura indwara zituruka ku mibonano mpuzabitsina harimo na Sida, kubyara abo badashoboye kurera n’ibindi bishobora kubangamira  ubuzima bwabo.

Kamabera Philomène  ni umwe muri abo bagore bicuruzaga akaba n’umuyobozi w’itorero ry’ubumwe n’ubwiyunge.

Ati  “ Twavuye mu ngeso mbi z’ubumaraya twakoraga , kubwa Gitifu wacu dushinga itorero ry’ubumwe n’ubwiyunge  tugamije kwihesha agaciro  kuko guhabwa amafaranga ibihumbi  bitanu (5000 frw) cyangwa icumi (10.000 frw) ukishima rimwe ariko ejo  byashira ukababara cyangwa se ugahuriramo n’uburwayi butandukanye , si ibintu by’umunyarwandakazi . Nta cyiza kirimo uretse guseba no gusebya umuryango nyarwanda ndetse si n’umwuga nkuko bamwe babivuga ahubwo ni ingeso mbi twarimo zo kwishora mu bumaraya.”

Mugenzi  we Nyiramajyambere Marie Louise  agira ati “ Nibyo nahoze mu ngeso mbi z’ubumaraya  ariko ubu nazivuyemo kuko nasanze nta cyiza cyabyo uretse gukuramo uburwayi, gusenya ingo z’abandi, uburushyi, ubukene n’abana tubyaye bakabura kirera. Aho mbiviriyemo nkoresha amaboko yanjye nkabona  make ariko akantunga n’abana banjye  kandi nkabona mbayeho neza kurusha uko nabagaho mu bumaraya kuko akenshi ayo nabonaga nayashoraga mu nzoga n’abana bakaburara kandi nicuruje. Ndashimira Gitifu watugiriye inama kuko ibyo dukora nibyo biri kuduhesha agaciro.”

Nubwo bimeze gutya ariko aba bose bavuye mu bujura, ibiyobyabwenge, ubumaraya bakibumbira mu matsinda atandukanye , barasabaLeta y’ubumwe bw’abanyarwanda kunganirwa mu bikorwa n’imirimo bihangiye bituma bakirigita ifaranga aho kuribona biciye mu nzira mbi zirimo no gukora ibyaha no guhungabanya umutekano w’abaturage,ari byo ntandaro y’idindira ry’ubukungu n’iterambere ry’abaturage.

Mu gushaka kumenya neza imiterere n’imibereho y’abagize aya matsinda yombi , umunyamakuru wa Rwandayacu.com yegereye Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Muko, Murekatete Tryphose  maze amutangariza uko igitekerezo cyaje  n’aho abayibumbiyemo bageze n’icyo ubuyobozi bubateganyiriza mu rugendo rwabo rwo guca uku biri n’ingeso mbi z’ubumaraya , ubujura , ibiyobyabwenge n’ibindi bakihangira imirimo ibateza imbere maze agira

ati  “ Abantu benshi bazi umurenge wa Muko nabi ari nayo mpamvu twashatse  kuwuhindura  duhereye kubiyitaga ibihazi [ibyihebe] cyangwa indaya kuko umurenge ntiwagera ku iterambere ugifite  urubyiryuko rwabaswe n’ibiyobyabwenge, ubujura  cyangwa se  n’indaya  cyane ko ari byo bibyara amakimbirane  mu murenge . Aha niho twahereye  dushyiraho  itsinda ry’uru rubyiruko rizwi nka Hinduka , uhindure abandi  ndetse n’itorero ry’ubumwe n’ubwiyunge ry’abahoze mu bumaraya kugira ngo bave mu ngeso mbi , bakore ibibagirira akamaro.Twarabegereye rero, turabaganiriza baradukundira  urugendo bararutangiye  ndetse bageze ahantu hashimishije mu bikorwa bibateza imbere kuko bakora imirimo itandukanye y’amaboko. ”

Murekatete Tryphose akomeza avuga ko batangiye  kubakorera ubuvugizi mu nzego zo hejuru ndetse n’imiryango itari iya  Leta (ONG) kugira ngo baterwe inkunga mu mishanga bihangiye ibyara inyungu. Aha ni naho yahereye abasaba kutazatatira iri zina bihitiyemo

Yagize   ati “ Abibumbiye  muri Hinduka, uhindure abandi  ndabasaba kutazatatira iri zina twabahaye  ahubwo babe ba [Bandebereho] kuko iyo tugize ibibazo byinshi n’iterambere riradindira. Niyo mpamvu turi kubakorera ubuvugizi  muri harimo Action Aid, CEVOTA n’ abandi kuko buri wese yishimira kubona babivamo.”

Abagore bahoze mu buraya  bo murenge wa Muko  biyemeje guhinduka no guhindura abandi (foto Setora Janvier).

Si aya matsinda abiri gusa ari mu murenge wa Muko kuko hari n’irindi ry’abana bata ishuri bakajya mu bucuruzi bw’ibisheke begeranijwe bashyirwa murindi tsinda rizwi nka “Tubegere” bakajya bagira uturimo tworoheje bakora bavuye ku ishuri nko korora inkoko, inkwavu, kwiharika [uturima tw’igikoni] n’utundi

Yagize  ati: “ Umuturage ku isonga mu cyerekezo cy’igihugu  kuko nka [Tubegere] yo kurengera abana , twayitekereje tubonye ko Covid-19 , abana benshi binjiye mu bucuruzi bw’ibisheke , bityo turabegera kuko ababyeyi babo twabonaga barabaretse bikorera ibyo bishakiye;dufite rero itorero ry’umudugudu aho aba bana bagomba gutorezwa ntibandagare ngo babe umusaraba ku gihugu ahubwo bagakora utuntu tubaha inyungu harimo korora amatungo magufi , bakabyitaho bavuye ku ishuri aho kujya kureba amafilimu”.

Kugeza ubu mu murenge wa Muko habarurwa amatsinda abiri yonyine yahoze mu bikorwa bihungabanya umutekano, ariko kuri ubu Umurenge uvuga ko hakiri n’abandi bari kwegerwa ngo bahinduke na  bo bibumbire mu matsinda.

 689 total views,  2 views today