Musanze: Abakora uburaya bavuga ko bahuriramo n’ingorane

 

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Bamwe mu bagore n’abakora umurimo  w’uburaya   bo mu karere ka Musanze  bavuga ko   bahuriramo n’ibibazo ndetse n’ingaruka zikomeye   dore ko nabo ubwabo bivugira ko gukora uyu murimo aba ari amaburakondi  aho bagira inama abakiri bato  kutishora mu buraya.

Umwe mu baganiriye na Rwandayacu.com, ukorera mu mugi wa Musanze,  yavuze ko n’ubwo akora umurimo w’uburaya bamwe bita kwicuruza, ngo si uko baba  babyishimiye ahubwo babiterwa  n’ubuzima babubi   babamo ;butuma   bishora mu buraya  kugira ngo babone imibereho   ndetse  n’ubushobozi bwo  gutunga abana  bagenda babyara.

Yagize ati: “ Maze  imyaka itanu nkora uburaya, ibi nabitewe ni uko umugabo wanjye yari amaze kunyanga, mbura uko mbigenza mpitamo kwicuruza, ni ho nkura amafaranga y’ubukode bw’inzu, no kurihira abana ishuri, ni ubwo nkora uburaya ariko nkubwiye ko mpuriramo n’ingorane zikomeye, kugukoresha imibonano mpuzabitsina  ku buryo unaninirwa, gukubitwa kutakwishyura  gukubitwa n’abagore watwariye abagabo kimwe no gutukwa njye nagira inama abakiri bato kwihangira umurimo aho kujya mu buraya”.

Bimwe mu bituma abakobwa bakora uburaya harimo no kuba ababyeyi babo babaha akato

Bamwe mu bakobwa bahuye no guhabwa akato n’ababyeyi be; yavuze ko yatangiye uburaya afite imyaka 18, ubu akaba amaze imyaka 11, muri uyu murimo avuga ko yatangiye uburaya abitewe no kuba yaratewe inda akiri mu mwaka wa gatatu w’amashuri yisumbuye, ababyeyi bamuhaye akato ahitamo kubahunga ahitamo kujya kwicuruza.

Ygize ati: “Rwose  akato duhabwa n’ababyeyi ni kimwe mu bituma n’abana b’abakobwa bakora uburaya , kuko iyo umwana w’umukobwa atwaye inda, ntiyitabweho n’ababyeyi be , ahura n’ingorane zo kwishora mu buraya, urumva maze imyaka 11 mu buraya, mba njyenyine mu bukode, maze kugira abana babiri, nyamara iyo ababyeyi bamba hafi mba ntarabyaye undi, kandi ngakomeza kwiga, muri uyu murimo rero ndakubitwa, ubu hari n’ubwo bigeze kumvuna akaboko ariko ntabwo uyu murimo nawureka, kuko ni wo untunze , gusa ubwo twabonye hano umushinga ANSP+ ukaba urimo kudutoza kwihangira umurimo nizera ko uyu murimo ngiye kuwuzibukira burundu, kuko ni umwuga ushobora gushyira ubuzima mu kaga.”

Abakora umurimo w’uburaya ngo bakora ijoron ryose mubagahuriramo n’ingorane (Foto Internet).

Mu rwego  rwo   gufasha  aba bakora umurimo w’uburaya   kurinda ubuzima bwabo ndetse no kubusigasira ;Umuyobozi w’ikigo nderabuzima cya Muhoza bwana Nirere Leopold , avuga ko bagerageza kwegera aba bakora umwuga w’uburaya  kugira ngo babagire inama  yo kwita ku bubuzima bwabo   birinda indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina  kuko ngo iyo babarinze izo ndwara baba bakijije  abantu benshi .

Ygize ati: “ Abakora umurimo w’uburaya ntabwo ari mwiza, kandi n’abawurimo hano ntabwo babayeho neza, ahubwo tubasaba kwihangira umurimo uhoraho utuma babaho mu mahoro , kuko bahuriramo n’ingaruka zikomeye harimo imitekerereze ndetse no kuba bakwandura, kuri ubu rero twe ntabwo twabatererana ahubwo turabegera tukabasaba gukomeza kwirinda bakoresha agakingirizo ku banze kuva kuri uriya murimo w’uburaya”.

Nizeyimana Jean Marie Vianney  ni Umukozi w’umuryango nyarwanda  wo gufasha abahuye n’ibyago byo kwandura agakoko gatera sida  harimo n’aba bakora umwuga w’uburaya(ANCP+(Association National de Soutien aux Personnes qui vivant avec le VIH)   avuga ko  n’ubwo  benshi mu bakora umurimo w’ubaraya bawishoramo bashaka amaramuko   gusa ngo  siyo nzira   ikwiye yo gushaka  imibereho   ahubwo ngo murwego rwo kubafasha kubuvamo   ngo  abiyemeje kubureka bakishyira hamwe  bahabwa  inyigisho n’amahugurwa    yo kubafasha kwiteza imbere ndetse  bakaba  n’igishoro  kugirango  bakore bareke uburaya bakore indi mirimo yabafasha kwibeshaho batiyandaritse

Yagize ati: “Kuri ubu tugenda dutanga amahugurwa kuri bariya bakora umurimo w’ububuraya, ku bijyanye no kwirinda agakoko gatera Sida, tubaha amafaranga yo kubafasha kwihangira umurimo, ndetse tubashakira inkunga tubigisha umwuga cyane cyane nk’ubudozi.”

Nizeyimana Jean Marie Vianney  ni Umukozi w’umuryango nyarwanda  wo gufasha abahuye n’ibyago byo kwandura agakoko gatera sida(ASNP+) foto Ngaboyabahizi Protais

Kugeza ubu ASNP+ ikorana n’amatsinda 5 mu karere ka Musanze y’abantu bakora umurimo w’uburaya, mu gihe mu mugi wa Musanze habarurwa abakora uburaya basaga 1000.

 2,082 total views,  2 views today