Nyabihu:Hari imfubyi zo muri Karago zivuga ko zimwe ubufasha n’inzego z’ibanze

 

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Umuryango w’abana b’imfubyi zamaramaje ugizwe n’abana bane,bo mu kagari ka Busoro Umurenge wa Karagao bavuga ko batereranwe  nyuma yo gusigara batagira epfo na ruguru, cyane ko no kubona ibiribwa bibagora,ni mu gihe Ubuyobozi bw’akagari ka Busoro buvuga ko  bugiye gusura abo bana  kugira ngo barebe uko babayeho hanyuma babakorere  ubuvugizi.

Nyirarukundo Providance  niwe  mukuru muribo wasigaye arerera barumunabe nyuma y’aho ababyeyi babo bitabye Imana  uyu nawe  ngo yaje  guhura nikibazo maze aterwa inda n’umusore bakundanaga wamwizezaga ko  bazabana  ariko ngo  birangira  amwihakanye  kuko ngo  kugeza ubu ngo   atazi n’aho aherereye.

Yagize ati: “ Ababyeyi bacu bose bitabye Imana inkurikirane , dusigara turi abana bane, ntitugira imirima yo guhinga , ni njye waciraga inshuro barumuna banjye none ubu narwaye mfite uburwayi bambwiye ko budakira, ibi rero byatumye  ibibazo biba urudaca hano mu muryango wacu, ikibabaje ni uko kuri ubu tutagira ubwisungane mu kwivuza, nawe urabyumva nta mikoro, ubuyobozi bwanze kuduha ikiciro cy’ubudehe, ari nayo mpamvu, kuri ubu turembeye mu rugo,ndasaba Leta ko yadufasha gukomeza kubaho neza”.

Aba bana bafite ikibazo cy’ikikiciro n’ibiribwa kimwe n’inzu (foto Ngaboyabahizi Protais).

Umubyeyi Josiane  ni Murumuna  wa Nyirarukundo Providance ,   nawe  yunga mu rya mukuruwe ahowe   avuga ko abona  basa n’abatereranwe n’ubuyobozi  kuko ngo ntawe babwira ibibazo byabo ngo abyumve

Yagize ati: “ Nta mubobozi n’umwe utwitaho, nta nkunga bashobora kuduha n’imwe, ubu rwose tubayeho nabi, ndifuza ko ubuyobozi bwatuba hafi haba mu burwayi bwacu ndese n’imibereho isanzwe nk’abandi banyarwanda”.

Uruhinja Providence yabyaye na rwo rufite ikibazo cyo kubona amashereka

Abaturanye n’aba bana nabo bavuga ko ubuzima babayemo  buteye agahinda nyuma y’urupfu rw’ababyeyi babo  babasize ari imfubyi zitagira epfo na ruguru   nabo barabasabira ko bafashwamu buzima  bubi babayeyo, nk’uko Nyiransabimana Immaculee yabibwiye Rwandayacu.com

Yagize ati: “Aba bana uko ubareba Papa wabo ni we wabanje kwitaba Imana, nyina akurikiraho, nta kintu babasigiye ni abakene rwose mu buryo bwose bushoboka, usibye no kuba bativuza ntbagire icyo barya, n’inzu yabo rwose ni nko hanze, kuko amategura arashaje na we urumva izu yo muri za 1985,igisenge cyarashaje , rwose ubuyobozi ndabusaba ko bubegera kuko babayeho nabi cyane, gusa natwe kuri ubu biratugora dufite impungenge ko umunsi umwe tuzajya dusanga umwe umwe yapfuye, bazira inzara n’imvura”.

Mukagatare Alphonsine  ni Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Busoro  yavuze ko iki mibazobagiye kugikurikirana

Yagize ati: “ Ikibazo cya bariya bana rwose tuziko koko ari imfubyi, ariko mubijyanye n’imibereho yabo muri rusange tugiye kukinjiramo neza na  bo niba ari ikibazo cy’ikiciro turebe nyine niba koko bujuje ibisabwa ngenderwaho kugira ngo bajye mu kiciro runaka”.

Ni kenshi ikibazo cy’ibyiciro by’ubudehe byakunze gukumira bamwe mu baturage, kugira ngo bagere ku ntego zabo cyanwa se ngo bahabwe serivise runaka.aha rero ni ho bariya bana b’imfubyi bahera basaba ubuyobozi ko bwabegera bukabumva bagahabwa ikiciro cy’ubudehe, bagafashwa kubona mitiweli ndetse basanirwe n’inzu babamo.Kuri ubu aba bana baba mu nzu ari 3, kuko umwana umwe yagiye gushaka aho aba mu bagiraneza.

 598 total views,  4 views today