Gakenke: Abaturage babangamiwe n’amatungo ava mu isoko akabonera imyaka
Yanditswe na:Umwanditsi wacu.
Abaturage bafite imirima mu nkengero z’isoko ry’inka rya Kivuruga mu karere ka Gakenke baravuga ko babangamiwe n’inka zibonera imyaka ; kubera ko uruziriro rw’iryo soko rwashaje, ibintu babona bibatera ubukene ndetse bigateza n’umutekano muke
Nzamwita Claude bakunze kwita Dusabimana ni umwe mubafite imirima mu nkengero z’iri so ry’inka rya Kivuruga avuga ko imyaka ye yangijwe n’inka zirenga uruzitiro rw’iri soko rwashaje maze zikaza kumwonera imyaka yahinze.
Yagize ati: “ Rwose abacuruzi b’inka baratubangamira cyane kuko izi nka zitwonera imyaka, zikinjira mu ngo z’abaturage hano, kugeza ndetse n’ubwo aba bacuruzi b’inka bashaka kudukubita, mbese duhorana amakimbirane hano kandi ibi ubuyobozi burabizi ariko ntabwo bubiha agaciro, rwose ubuyobozi nibudufashe ubwo bazanye hano isoko rya kijyambere ry’ibindi bicuruzwa, burebe uburyo bwakubaka urupangu rw’inka kimwe n’andi matungo bireke kutwangiriza imyaka.”
Kubera ko isoko ryubatswe n’ibikoresho bitaramba inka zirasohoka zikangiza imyaka y’abaturage(foto Nirembere)
Aba baturage bafite amasambu mu nkengero z’iri soko ry’ika rya Kivuruga barasabako irisoko rya sanwa mu gihe cya vuba kandi bigakorwa mu buryo burambye kugirango inka zitazakomeza kurenga uruzitiro zikabonera imyaka, nk’uko Mukamazera Euphrasie yabibwiye rwandayacu.com
Aragira ati “Sinibaza impamvu akarere ubwako kazi neza ingorane ziterwa n’inka iyo zimaze gusohoka mu kiraro , ariko izaje mu isoko zo ziba zivuye no mu duce tunyuranye kandi ziba zirwana ariko ugasanga bubakishije utuntu tw’uduti tudafashije,birakwiye ko hafatwa izindi ngamba.”
Inka zikunze kunanira abashumba zikajya mu mitungo y’abaturage iri hafi y’isoko(foto Nirembere)
Mu rwego rwo gukemura iki kibazo Umuyobozi w’akarere ka Gakenke Nzamwita Deogratias aravuga ko mu ngengo y’imari y’uyu mwaka iri soko rigiye gusanwa mu buryo burambye hakoreshejwe ibyuma kugira ngo inka zitazongera kujya zonera abaturage .
Aragira ati: “ Ikibazo cy’amatungo cyane cyane inka ziba zazanywe mu isoko rya Kivuruga , kirazwi ku buryo kiri mu nzira yo kubonerwa umuti, hakubakwa koko uruzitiro hakoreshejwe ibyuma kuko n’ibyo mu by’ukuri bikumira inka mu gusohoka mu rupangu, nkasaba rero aba bahinzi kwihangana ndetse n’abacuruzi b’inka gukomeza kujya bacunga inka zabo bazikumira ku buryo zitonera abahinzi cyangwa ngo zibe zateza umutekano muke.”
Ibikoresho byubatse isoko rya Kivuruga birashaje(foto Nirembere).
Kuba ibikoresho byubatse isoko ry’inka bitaramba kandi bikaba bidakomeye cyane cyane ko ari ibiti, ni kimwe mu bituma ziriya nka zisohoka zikajya kwangiriza abaturage imyaka yabo.
1,601 total views, 2 views today