Nyabihu:Abaturage babangamiwe n’ikiyaga cya Nyirakigugu gisatira imitungo yabo
Yanditswe na Jean de Dieu Nkomayombi.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Jenda Akarere ka Nyabihu bavuga ko babangamiwe kandi batewe impungenge n’ikiyaga Nyirakigugu kigenda gisatira aho batuye kikabasenyera ;ari nako kirengera imirima yabo kikangiza n’ imyaka bahinze, kimwe n’ibikorwa remezo.Ubuyobozi bw’akarere bwo buvuga ko bugiyegushakira iki mibazo umuti urambye.
Nk’uko aba baturage ba bivuga; ngo iki kiyaga cya Nyirakigugu cyatangiye ari ikidendezi gito cy’amazi, ariko ngo uko imyaka yagiye ihita cyagiye cyiyongera ari nako gisatira aho batuye bamwe kikabasenyera, ari nako cyangiza imirima n’imyaka y’abaturage bigatuma imibereho yabo ijya mu kaga kugeza na nubu.
Ikiyaga cya Nyirakigugu kigenda gisatira inyubako z’abaturage n’imirima yabo muri Nyabihu.
Aba baturage baravuga ko bahorana impungenge zikomeye cyane cyane mu bihe by’imvura , kuko ngo aribwo amazi y’iki kiyaga asatira aho batuye ndetse akabasanga no mu ngo zabo
Zipola Nyiraruhato ni umuturage wasatiriwe n’iki kiyaga yagize ati : iki kiyanga ntabwo ari uku cyanganaga ;ahubwo cyagiye gikura buhorobuhoro kugeza ubwo kirengeye imirima yacu none dore natwe aho dutuye cyahasatiriye , ubu iyo imvura iguye ntituryama kuko amazi y’iki kiyaga aba menshi akadusanga mu ngo ndetse hari n’abagiye bimuka bakajya gukodesha, mbese ntabwo mu bihe byimvura tugoheka”
Abimana Ibrahim nawe nawe avuga ko kiraya kiyaga kibateye impungenge kubera ko cyamwangirije imirima bikaba ng ari intandaro yo kubura ibiribwa
Yagize ati: “Ubu gubu nta muntu ukibona icyo agaburira abana bitewe n’uko amasambu yacu yarengewe , ikibazo cy’amazu dutuyemo cyo giteye ukwacyo kuko iyo imvura iguye isaha n’isaha tuba twiteguye ko amazi y’ikiyaga adusanga mu nzu , ahubwo twasaba ubuyobozi kudutabara tukaba twava aha hantu kuko iki kiyaga cyadusatiriye cyane kandi uko iminsi igenda ihita ni nako kigenda cyiyongera”
Nyuma yo ba bamaze igihe kinini bahanganye n’ikibazo cy’amazi y’iki kiyanga cya Nyirakigugu agenda abasabitira bamwe akabasenyera, aba baturage barasaba ubuyobozi kubatabara kuko ngo ubuzima bwabo buri mu kaga bitewe n’iki kiyaga cyabasatiriye kikabashyira ,mu manegeka ashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga
Amazu y’abaturage begereye Nyirakigigu asigaye ku manegeka bamwe bayavuyemo
Ubuyobozi bw akarere ka Nyabihu buravuga ko bugiye gushakira inzira amazi y’iki kiyaga no kwimura abaturage bigaragara ko basatiriwe n’iki kiyaga; nk’uko Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu Mukandayisenga Antoinette abitangaza
Yagize ati: “dufatanyije n’izindi nzego hari gahunda yo gushakira inzira amazi y’ikikiyaga cya Nyirakigugu, kugira ngo adakomeza gusatira abaturage ndetse n’umuhanda wa kaburimbo unyura muri aka gace .Kimwe n’abaturage batishoboye tuzabashakishiriza ahandi batura, kuko ubushobozi bwiteguye kubafasha kwimuka bagatuza ahandi hatekanye”.
Mu rwego rwo kugabanya ingaruka ziterwa no kwiyongera kw’amazi y’iki kiyaga cya Nyirakigugu agenda yiyongera uko imyaka igenda ihita Uyu muyobozi w’akarere ka Nyabihu akomeza avuga ko bagiye gukomeza gukangurira abaturage kurwanya isuri mu buryo bushoboka bwose doreko iki kiyaga gikikijwe n’imisozi miremire kandi ihanamye aho bisaba kurwanya isuri mu buryo buhoraho
Uretse kuba aba baturage bavuga ko babanga miwe n’iki kiyaga cya Nyirakigugu kigenda kibasatura kikangiza ibyabo baranavuga ko inzego zibishinzwe zidashakiye umuti iki kibazo mu bihe bya vuba ngo amazi y’iki kiyaga shobora no gusatira umuhanda munini wa kaburimbo unyura muri aka gace bikaba byatuma wangiririka .
1,591 total views, 2 views today