Rubavu : Abaturiye umugezi wa Sebeya babangamiwe n’uko ubangiriza imitungo, ukanabatwara abantu

 

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Abaturage  bo mu mirenge itandukanye mu karere ka Rubavu   bavuga ko  babangamiwe n’umugezi wa sebeya  ukunda kuzura  mu bihe bitandukanye by’imvura  maze ukarenga inkombe  hanyuma  ukangiza ibyabo     ;bakaba  basaba ko   hashakwa umuti urambye wo gukumira amazi y’uyu mugezi   uhora ubasenyera    ukangiza n’imyaka baba barahinze ndetse ugahitana  n’ubuzima bw’abantu

Umugezi wa Sebeya uwo wuzuye usatira ingo z’abaturage.

Bazimaziki Faustin  ni umuturage wo mu mu murenge wa Kanama , avuga ko  ko   inzego zibishinzwe zagira icyo zikora    mu gukumira  no gushakira inzira amazi y’uyu mugezi wa Sebaya  , uhora ubasenyera  mu bihe bitandukanye by’imvura , kugira  ngo  uyu mugezi utazakomeza kwangiza ibyabo ndetse no guhitana ubuzima bw’abantu

Yagize ati : “Sebeya  iyo yuzuye idusenyera amazu, igatwara imyaka  twahinze bikaduteza inzara,  ubwo rero murumva ko sebeya iduteje ikibazo cyane, kuko idutwara ibintu n’abantu , rwose ubuyobozi nibushake umuti urambye.”

Umugezi wa Sebeya iyo wuzuye utwara icyo uhuye na cyo cyose.

Ntagisanimana Solange wo mu murenge wa nyundo nawe ashimangira ko umugezi wa Sebeya ukwiye gushakirwa umuti urambye, kugira ngo udakomeza kubangiriza ngo kuko bibatera ubukene.

Yagize ati : “Iyo Umugezi wa Sebeya  wasakaye mu mazu  utuma abaturage bamwe bimuka  bajya gucumbika .Dore nk’imvura iherutse kugwa yo yaje irenze kuko yangije byinshi  tukaba rero duhorana impungenge aho twasaba ubuyoyozi kugira ngo iyi  Sebeya  bayayubakire  ibikuta bikomeye ku nkombe  kuburyo amazi atazongera kurenga ngo yangize ibyacu”.

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu Habyarimana Gilbert avuga ko    hari umushinga  batangiye wo  gukumira no gushakira inzira amazi y’uyu mugezi wa Sebeya mu buryo butambye kandi buhoraho  , kugira ngo  uyu mugezi utazongera  kwangiza ibikorwa by’abaturage

Yagize ati : “Hari umushinga twatangiye wo gushakira igisubizo kirambye amazi y’umugezi wa Sebeya  ;muri uwo mushinga harimo  kurwanya isuri no gutera ibiti  ku misozi itandukanye ikikije umugezi wa Sebeya ikindi ni ugukora amaterasi y’indinganire  ndetse no gutera imigano mu nkengero z’uyu mugezi  aho bishoboka tukahubaka inkuta  zikomeye zikumira amazi ,hanyuma  tukanareba niba hari abaturage bagomba kwimuka  tukabimura”.

Sebeya yangiza inzu z’abaturage nyuma yo kwinjira mu ngo zabo muri Rubavu

Mu minsi mike ishize  ibice bitandukanye by’ihugu byibasiwe n’ibiza byatewe n’imvura yaguye ari nyinshi  bihitana   ubuzima bw’abantu  n’ibyabo   ndetse n’ibikorwa remezo byinshi birangirika  .Uyu mugezi wa Sebeya nawo ukaba waruzuye bikabije  kuburyo wangije imirima y’abaturage usenya n’amazu atari make    . Cyakora aba baturage  bavuga ko    amazi y’uyu mugezi wa Sebeya   aramutse ushakiwe inzira mu buryo bukomeye ngo   bishobora kuzagabanya ibiza   biterwa n’uyu mugezi .

 

 

 1,236 total views,  2 views today