Amakuru

Rubavu: Abaturage b’Akagari ka Bisizi bavuga ko Gitifu wabo abasaba ruswa

 

Yanditswe Ngaboyabahizi Protais

Abaturage bo mu kagari ka Bisizi mu murenge wa Nyakiliba,  Akarere ka Rubavu, bavuga ko nta serivise bashobora guhabwa n’umunyabanga Nshingwabikorwa wabo Twagirayezu  Jean Bosco  batamuhaye Ruswa , ibi babivuga bashingiye ko nta muturage ushobora kuzamura inzu  muri aka kagari,nibura atamuhaye ibihumbi ijana bya ruswa.

Uyu  Munyamabanga Nshingwabikorwa we ibi arabihakana,mu gihe Ubuyobozi bw’umurenge wa Nyakiriba bwo buvuga ko bugiye gukurikirana ibihavugwa.

Ibiro by’akagari ka Bisizi ngo ntaguhabwa serivise udatanze akantu.

Umwe mu baturage basenyewe inzu yari imaze gusakarwa ni iy’umuryango wa   Barura  Pierre Clement  washakanye na Neza  Angelique   bakaba barubatse inzu muri aka gace nkuko abandi bose   basanzwe bubaka  ariko ngo  bo     baje gutungurwa no   gusenyerwa.

Neza Angelique yagize ati: “ Birababaje kuba nta cumbi ngira , nkaba narafashe inguzanyo, muri banki kugira ngo ndebe ko nabona aho mba, ariko mbabajwe no ,kuba narubatse inzu Gitifu w’akagari nawe ubwe akajya asanga nubaka mu gihe cy’amezi ane dore ko nagendaga nkusanya udufaranga n’ibikoresho, ubuyobozi bwose inzu yanjye bwarayirebaga, ariko kubera ko Gitifu we aba agushakaho amaronko ntazi aca inyuma akakwaka akantu wakabura akagusenyera, kandi urebye hari amazu arimo kuzamuka muri aka kagari adasenywa ariko njyewe baransenyeye”

Uyu mubyeyi asaba ubuyobozi kujya baha serivise umuturage nta ndonke, ikindi akifuza ko Gitifu w’akagari ka Bisizi yamwubakira inzu kandi agacibwa n’amande.

Inzu ya Neza Angelique Gitifu Twagirayezu yayisenye batangiye kutisakara

Yagize ati: “ Birababaza kubona umuyobozi asanga ukora ibyo yita ko bidakwiye , akakureka ategereje kuguhima no kugutera igihombo, aha hantu nubatse rwose abantu bose barahubaka, nta munsi n’umwe yari yateranya abaturage ngo adusobanurire igishushanyo mbonera, kuba rero yaransenyeye ndifuza ko anyubakira inzu yanjye uko yari imeze ndetse ubuyobozi bukamufatira ibyemezo kuko ibintu nk’ibi byo gusenya inzu mbiheruka muri Jenoside yakorewe abatutsi, rwose nsaba ubuyobozi kundenganura”.

Umwe mu bayobozi b’isibo wo mu mudugudu wa Kisangani muri aka Kagari ka Bisizi waganiriye na Rwandayacu.com, yavuze ko na we atumva neza impamvu Gitifu wabo asenyera bamwe mu baturage abandi bakubaka, gusa ngo yamusabye  kuza kwifatanya nawe mu gusenyera Neza Angelique, arabyanga.

Yagiza ti: “ Ndakubwiza ukuri Gitivu Twagirayezu mbere y’uko aza gusenya iyi nzu yansabye kuza kwifatanya n’abasore yari yazanye, njye ndabyanga kuko nari nzi ikibyihishe inyuma, kuko iyi nzu imaze igihe kinini yubakwa nawe akayinyuraho ari n’abanyerendo ariko akifuza inshuro nyinshi kuvugana na nyirinzu akaba yaramwihoreye, njye nzi neaza ko iyi nzu yasenywe ku kagambane kuko uyu muturage yanze gutanga ruswa, na twe twarumiwe araza agakusanya amafaranga ya buri muturage ugiye kubaka hano akagenda avuga ngo na we akeneye kubaka nibamusagurire ku mabati ibi bintu rwose ubuyobozi nibubikurikirane ni ukuri araturembeje”.

Ibikoresho by’ubwubatsi bya Neza Angelique byarangiritse byose

Bamwe mu baturage kandi bo muri Bisizi ntibatinya kuvuga ko Gitifu wabo kuri ubu  bashingiye uburyo yasenyemo iriya nzu hari ikibyihishe inyuma

Umwe muri bo yagize ati: “ Rwose ibi bintu biragaragarira buri wese kuko imyubakire yo muri kano kagari ntabwo isobanutse ni ukuri none se uzengurutse uyu mudugudu wacu hari amazu menshi arimo kuzamurwa, nta byangombwa uretse gutanga akantu gusa, ibi ubuyobozi nibubikurikirane kuko bashyize mu kuri amazu atari munsi ya 20 arimo kuzamurwa hano yasenywa, arega ikibazo cya bagitifu bo muri Rubavu ni uko imirenge usanga barayigize nk’uturima twabo, ubu urambwira ngo meya yinjiye mu biturage hose ntuyajya atahana bamwe muri bo akabashyikiriza RIB?Meya wacu njye nasaba ko umunsi umwe azasura Bisizi hano tumerewe nabi, udafite ruswa ntiwakubaka n’ubwiherero”.

Mu gushaka kumenya byinshi kuri iyi nkuru Rwandayacu.com yaganiriye n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’akagari ka Bisizi  Twagirayezu  Jean Bosco, maze ahakana yivuye inyuma ko atazi iriya nzu ndetse atazi n’uwaba yasenye Neza,

Yagize ati: “Ntabwo uwo muturage muzi, ni yo nzu nta n’ubwo nzi aho iri, gusa niba koko inzu ye bayisenye naze tumufahe, ikindi kubaka nta byangobwa na byo ni ikosa, cyokora ubwo mbimenye ngiye kubikurikirana, kuba hari inzu zizamurwa hano muri Bisizi nta byangobwa ni ikinyoma cyamaye ubusa, gusa nk’uko abaturage bifuza ko Meya yazaza gukurikira icyo gikorwa cyo kuba hari nyubako dukingira ikibaba biri mu nshingano ze azahagere yirebere,kandi nta bindi nagutangariza ku bijyanye n’iriya nzu”.

Twagirayezu Jean Bosco Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Bisizi ngo ntazi uburyo izu ya Neza Angelique yasenywe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyakiliba  Nyiransegiyumva Monique  avugako kubufatanye n’izindi nzego   bagiye   gusesengura imiterer y’iki kibazo.

Yagize ati: “ Iki kibazo tugiye kugikurikirana turebe,  ariko kandi  n’abaturage na bo bakaba bakangurirwa kumenya  amabwiriza  ajyanye n’imyubakire   kugirango batazajya bagwa mu bihombo  cyangwa se bagatakaza amafaranga yabo  mu buryo budasobanutse, kandi uwo muturage nidusanga arengana inzego zibishinzwe zizamurenganura”.

Ikibazo cya ruswa mu nzego z’ibanze  ku bijyanye n’imyubakire  gikunze kumvikana   mu bice bitandukanye,  aho usanga   bamwe mu baturage bitana bamwana   na bamwe muba yobozi  bw’inzego  z’ibanze   basaba abaturage amafaranga   babizeza ko bazababererekera  bakubaka kandi batujuje ibisabwa    bikarangira basenyewe,   ariko kandi  hakaba na bamwe mu baturage  barenga ku mabwiriza  agenga imyubakira  nabo bikarangira baguye mu gihombo cyo gusenyerwa  iki akaba ari ikibazo inzego zibishinzwe  zigomba  gukomeza gushyiramo imbaraga  kugira ngo  gishakirwe umuti nyawo.