Amakuru

Musanze:Abatujwe mu mudugudu wa Gatovu, basubiye ku gatadowa n’ibishishimuzo

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Abaturage  batujwe mu mudugudu w’icyitegererezo wa Gatovu   uherereye mu kagari ka Rungu umurenge wa Gataraga  Akarere ka Musanze bavuga ko  bahawe amashanyarazi akomoka  ku mirasire  y’izuba bakayacana igihe gito  agahita apfa    none   kuri ubu bicanira udutadowa ndetse n’ibishishimuzo.

Umwe mu baturiye uyu mududu wa Gatovu yagize ati: “Umunsi tuza gutuzwa muri uyu mudugudu baduhaye umuriro w’amashanyarazi ukomoka ku zuba, ariko mu myaka isaga itanu tumaze muri uyu mudugudu ntabwo twigeze ducana uyu muriro nibura umwaka umwe, ubu twasubiye mu icuraburindi, abishoboye rero bagura ka peteroli, abandi buji , njye rero nkoresha igishishimuzo cy’umugano, cyangwa se nahisha ibiryo nimugoroba nkarira hanze, baradusondetse njye ni ko mbibona”.

Amatara bahawe ntabwo yaka na busa

Kuba nta muriroi bagira mu nzu zabo ngo bituma bahura n’ingorane zinyuranye, nk’uko uyu muturage yakomeje abivuga.

Yagize ati: “Kubera kutagira umuriro w’amashanyarazi ubu tugenda twikubita ku bikuta, kubera umwijima, ubu dukora ingendo ndende tujya gushaka umuriro w’amashanyarazi ngo ducanginge za telefone zacu, abana bacu ntabwo babasha gusubira mu masomo, rwose nibarebe uo baduha umuriro uhoraho”.

Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze bwo kuri iyi  ngingo butangaza ko    muri gahunda ya Leta yo kugeza amashanyarazi kuri bose   akarere ka musanze katoranyijwe  ku mwanya wa kabiri  mu turere tuzahabwa amashanyarazi nyuma y’umujyi wa Kigali  uyu mudugudu nawo ngo ukaba uri ku rutonde, nk’uko Umuyobozi w’akarere ka Musanze Ramuli Janvier abitangaza.

Yagize ati: “Kuba bariya baturage bo muri Gatovu, umuriro bahawe warageze aho ntukomeze kuboneka ni ikibazo tuzi ariko ko muri gahunda ya Leta  yo kugeza amashanyarazi kuri bose  nabamenyesha ko akarere kacu  katoranyijwe ku mwanya wa kabiri  nyuma y’umujyi wa Kigali   mu  turere tugomba guhabwa amashanyarazi mbere   hagati aho  uyu mudugudu nawo   ukaba uri ku rutonde  rw’abazahita bahabwa amashanyarazi, nkaba mbasaba gukomeza gutegereza bihanganye kuko bashonje bahishiwe”.

Ni ubwo umuriro bari barahawe utamaze kabiri muri uruya mudugudu wa Gatovu, aawuturiye kandi ngo hari byinshi bizejwe ntibabihabwa birimo za televiziyo n’ibindi, aha rero bagasaba ubuyobozi bw’akarere gukomeza kubabariza aho televiziyo zaheze.