Amakuru

Kigali:Minisitiri w’uburezi  yavuze ibigenderwaho mu guha abanyeshuri ibigo

Yanditswe na TUYISHIME  OLIVE

Minisitiri w’Uburezi, Twagirayezu Gaspard, yagaragaje ko   hatangwa ibigo n’amashami  abanyeshuri baziga  hashingiwe ku manota abanyeshuri bagize   n’uko barushwana  mu mitsindire.

Ubwo yari mu kiganiro na  (RBA) kuri uyu wa 28 kanama 2024 , Ministiri w’uburezi Twagirayezu Gaspard  yasobanuye ko   abanyeshuri  bakoze neza kurusha abandi  bahabwa ibigo bahisemo bwa mbere.

Minisitiri w’Uburezi, Twagirayezu Gaspard, asobanura ku bigenderwaho mu kugenera abanyeshuri ibigo bazigaho yavuze ko   abanyeshuri bakoze neza kurusha abandi aribo baheraho babaha ibigo.

Yagize ati: “Tubanza kureba abanyeshuri bakoze neza kurusha abandi aho bahisemo bwa mbere, tukareba n’uko barushanyijwe hanyuma buri munyeshuri agahabwa amahirwe.”

Minisitiri w’Uburezi, Twagirayezu Gaspard, yagaragaje ko   hatangwa ibigo n’amashami  abanyeshuri baziga  hashingiwe ku manota abanyeshuri bagize   n’uko barushwana  mu mitsindire.

Ministiri yasobanuye ko Kandi abanyeshuri batanyuzwe n’amashami bahawe  bafite uburenganzira bwo guhinduza  bakiga ibyo byiyumvamo , ibyo bakazabifashwamo n’akarere ndetse n’ababyeyi  kugira ngo umunyeshuri  yige neza.

Yagize ati: “Iyo bageze kuri ayo mashuri cyangwa ku turere, baricara, ari abanyeshuri, abarimu, ababyeyi n’abayobozi b’amashuri bakareba icyo umwana ashoboye kwiga, bakaba bamufasha kugihindura.”

Ni mu gihe abanyeshuri  bakoze ibizamini mu cyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye umwaka w’amashuri 2023-2024, hiyandikishije abanyeshuri 143,227, abakosowe ni 143,157 naho abatsinze ari 134,245 bangana na 93.8%.

Aba banyeshuri bangana na 93,8% batsinze ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, abakobwa batsinze ku kigero cya 92% mu gihe abahungu batsinze kuri 95,8%.

Minisiteri y’uburezi ivuga ko muri iki cyiciro abanyeshuri bakoze neza uretse amasomo arimo Ubugenge (Physics) n’ayandi arimo imibare, Ubutabire (Chemistry )n’ibinyabuzima ( Biology).