Amakuru

Burera:Ubuyobozi bwa Promise Nursery School burasaba ababyeyi kuza kuharerera

Yanditswe na NGABOYABAHIZI PROTAIS

Ubuyobozi bw’ishuri rizwi ku izina rya Promise Nursery School, butangaza ko imyanya igihari ku bashaka kuharerera abana b’inshuke, bugakomeza nanone gusaba kwima amatwi ibihuha bimaze iminsi bivugwa ko iri shuri  rigiye gufunga imiryango.

Promise Nursery School, ni ishuri rihereye mu mu mutenge wa Gahunga Akarere ka Burera, aho bita ku Kanyirarebe, rikaba rimaze igihe gito rifunguye imiryango ariko muri icyo gihe ababyeyi barivuga imyato nk’uko umwe mu babyeyi baharerera barimo uwitwa Rukundo Jean Luc abivuga.

Yagize ati: “Promise Nursery School, ni ishuri ryaje kutuvuna amaguru ku bijyanye n’abana b’inshuke, kuko abishoboye babajyanaga mu mugi wa Musanze, bamwe bakabacumbikishirizayo, abadafiteyo inshuti n’abavandimwe bagatangira  amashuri  abanza bafite imyaka 7 kugeza ku 8, none ubu ubwo iri shuri rije riziye buri wese hano, kandi iminsi rimaze ritanga ubumenyi n’uburere abana bacu batangiye gusobanuka ku ndimi n’inyifato nziza”.

Abana b’inshuke kuri Promise Nursery School batozwa uburere bwiza n’ubumenyi

Kuri Mukaruhimbi  Drocela we ngo iri shuri ribazaniye iterambere n’imibereho myiza ari nayo mpamvu nawe asaba buri  mubyeyi wese ufite umwana w’inshuke kuza kurerera muri Promise Nursery School

Yagize ati: “Ahageze ikigo haba hageze iterambere, iri shuri rero riduhera  abana akazi cyane abize uburezi, hari ibintu bimwe na bimwe iki kigo kiza kugura muri twe biba bikenewe, iri shuri  ryaziye igihe, kuko ubu abana bacu ni ho tubasiga bakiga, bakabona ifunguro, ndetse bakanaruhuka  nyuma ya sasita”.

Umuyobozi w’iri shuri ry’inshuke rimaze kugera ku bana basaga 200, Jose Gaju asaba ababyeyi kuzana abana kugira ngo bahabwe uburere n’ubumenyi, akabonera ho no kubamenyesha ko iri shuri nta munsi n’umwe ryigeze risabwa gufunga imiryango

Yagize ati: “Iri shuri ni iry’abana b’abanyarwanda bose, kuri ubu turacyafite imyanya kandi n’abarezi b’inzobere mu kwita ku bana b’inshuke barahari bahagije, ababyeyi nibahazane abana bige kandi birinde  guha amatwi  ibihuha birimo kugenda bikwirakwizwa na bamwe mu babyeyi ko rigiye gufugwa, ishuri rirahari ryujuje ibisabwa kandi rirazwi, bityo umwana wese uzahaza aje gushaka uburere azabubona ndetse n’ubuzima bwiza”.

Umuyobozi wa Promise Nursery School Jose Gaju asabaababyeyi bose kuza kuharerera abana b’inshuke.

Iri shuri ryafunguye imiryango ku wa 9 Nzeri 2024, ariko kubera ubwitabirire no kuba ryaraziye igihe ubu rigeze ku banyeshuri basaga 200 ari n’aho ubuyobozi bwaryo buhera busaba ababyeyi kuza kuharerera

Abifuza kuharerera bahamgara kuri nimero za Tel :+250787535692 z’Umuyobozi w’ishuri.