Amakuru

Amajyaruguru:Igishushanyo mbonera kije gukuraho imyubakire yo mu kajagari

 

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Mu nama yahuje abayobozi mu nzego zitandukanye  mu Ntara y’Amajayaruguru iyobowe na Guverineri  Gatabazi Jean Marie Vianney  yigaga ku gishushanyombonera cy’imikoreshereze no kubyaza umusaruro ubutaka mu cyerekezo abayobozi basabwe kurwanya ruswa itangwa mu myubakire y’akajagari cyane mu nzego zibanze.

Iyi nama yabaye kuri uyu wa kane tariki ya 6 Ugushyingo 2020 yigiwemo ibintu byinshi  ndetse harebwa imikoreshereze y’ubutaka  , nibijyanye n’imiturire  aho byakunze kugaragara ko abantu bakomeje gutura mu kajagari bashyira inyubako mu gice cyagenewe ubuhinzi  kandi bitemewe, ibi kandi bishimangirwa na bamwe mu baturage bo mu murenge wa Musanze, bavuga ko hari ubwo basabwa ruswa nab a Mudugudu mu gihe bashaka kubaka.

Inzego zinyuranye mu ntara y’Amajyaruguru zishimangira ko igishushanyo mbonera kizaca akajagari mu butaka

Umwe muri bo yagize ati: “Kuri ubu Mutwarasibo  yumvikana na Mudugudu mu gihe ugiye kubaka bakakwaka akantu (Ruswa), ugatangira kubaka hashira umunsi umwe ushinzwe ubutaka ku karere akaba akugezeho, ugasanga wubatse ahasdakwiye kubakwa , ubu trero ubwo igishushanyo mbonera cyaje tugiye kujya tureba icyo ubutaka bwagenewe ubundi twubake ibizarama ikindi ni uko nta muntu uzongera kundya utwanjye ngo mbone nubake”.

Ikigo  gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka mu Rwanda , kiravuga ko hamaze gukorwa amavugururwa  agenga imikoreshereze y’ubutaka mu Rwanda .

Umuyobozi mukuru muri icyo kigo Mukamana Esperence  asobanura ko  aya mavugurura ajyanye n’ikoranabuhanga yakozwe mu rwego rwo kurwanyaruswa.

Yagize ati: ” uburyo izi ruswa zizacika tuzakoresha ikoranabuhanga cyane kuburyo umuyobozi azajya areba hirya no hino harimo kubakwa yicaye mu biro akabasha kureba ahantu harimo gushirwa utujagari  bitandukanye n’uburyo umuntu yajyaga kwihugikanaga  abantu akenshi  abayobozi bo hasi mu midugudu , mu tugari akabaha akantu barangiza akabemerera bakajya kubaka mu buryo butemewe ., Hari ikintu bizagabanya mutujagari mu myubakirey’akajahari  nidukoresha iri ikoranabuhanga.

Mukamana Esperence wo mu kigo cy’ubutaka asaba abayobozi b’inzego z’ibanze kwirinda ruswa ivugwa mu myubakire.

Mukamana  akomeza avuga ko  igishushanyombonera kizakemura byinshi mu bibazo byakundaga kugaragara birimo ruswa yahabwaga abayobozi bo mu nzego zibanze  ;kugira ngo umuturage azamure inzu ahantu hatemewe  ibi bakazabigeraho hifashishijwe ikoranabuhanga rizajya rigenzura  niba hari ahantu runaka harimo kubakwa amazu.

Ikindi cyagarutsweho n’abantu batarandikisha ubutaka bwabo ;aho uyu Muyobozi yongeye kwibutsa abantu kwandikisha ubutaka igihe kitarabafata cyane ko  mu kwezi gutaha kwa Ugushyingo 2020;ubutaka buzaba butanditse kuri ba nyirabwo buzegurirwa Leta.