Amakuru

Bugesera: Polisi yafashe abagabo babiri barimokwiba amabuye y’agaciro mu kirombe

 

Yanditswe na Rwandayacu.com

Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ku wa 2 Mutarama  yafashe abitwa Nduwayezu Valens w’imyaka 35 na Urimubenshi Jean Bosco w’imyaka 33 , bo mu Karere ka Bugesera  bafatiwe mu bikorwa byo kurwanya ubucukuzi bw ‘amabuye y’agaciro bitemewe. Bafatiwe mu Murenge wa Ntarama, Akagari ka Cyugaro, Umudugudu wa Rugunga.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko bariya bantu bafatiwe mu  cyuho barimo kwiba amabuye y’agaciro mu kirombe,bafashwe  bafite ikiro kimwe  cy’amabuye yo mu bwoko bwa Gasegereti.

Yagize ati” Abashinzwe umutekano muri  kiriya kirombe baduhaye amakuru ahagana saa tanu z’amanywa bavuga ko hari abantu barimo kwiba amabuye y’agaciro. Polisi yahise itabara babiri bahita bafatwa bafatanwa amabuye y’agaciro ikiro kimwe.”

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba yashimiye abashinzwe umutekano batanze amakuru, abasaba gukomeza kujya batanga amakuru ku bandi bantu bakora ibyaha bitandukanye.”

Abafashwe bahise bashyikirizwa Urwego rushinzwe ubugenzacyaha (RIB) rukorera muri sitasiyo ya Polisi ya Ntarama kugira ngo hatangire iperereza.

Itegeko N° 58/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri Ingingo  ya 54  ivuga ko  Umuntu wese ushakashaka, ucukura, utunganya,ucuruza amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri nta ruhushya, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi abiri (2) ariko kitarenze amezi atandatu (6) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe (1.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni eshanu (5.000.000 FRW) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano. Urukiko rutegeka kandi ubunyagwe bw’amabuye y’agaciro cyangwa kariyeri byafatiriwe biri mu bubiko, bicuruzwa cyangwa bitunganywa nta ruhushya.