Rubavu:Abaturiye Nyamikongi bavuga ko birengagijwe mu gutanga umuriro w’amashanyarazi

 

Yanditswe na Rwandayacu.com

Bamwe mu baturage  bo mu kagari ka  Nyamikongi  mu murenge wa Kanzenze aAkarere ka Rubavu ,baravuga  ko  basigaye mu bwigunge badahawe umuriro w’amashanyarazi mu gihe utundi duce tubakikije twayahawe bo bagasigara  hagati  batayahawe;   ibintu bavuga ko bibabangamiye cyane doreko ngo bagerageje gukusanya ubushobozi  bw’amafaranga  kugira ngo   bawusabe  hanyuma  babwirwa ko bitemewe ahubwo  ko  bazawugezwaho ku buntu ariko ngo baretegereje baraheba.

Mukamwezi Odette  ni umwe mu baturiye agace katahawe umuriro, avuga ko kuba barasigaye hagati badahawe umuriro w’amashanyarazi,    bibagiraho ingaruka  mu buzima bwabo bwa buri munsi ndetse no   ku bijyanye n’iterambere   rishigiye ku kubyaza umusaruro ingufu z’amashanyarazi  mu gihe yaba abegerejwe .

Yagize ati:” Kuba utugari duturanye natwo dufite umuriro twebwe ntituwuhabwe  n’ibintu bidutera ipfunwe kuko twasigaye inyuma mu majyambere aho tujya gucaginga amaterefone dukoze ingendo ndende kandi tugahendwa kuko telefone imwe kuyicaginga baduca amafaranga mana abiri, rwose nibadufashe natwe tubone umuriro “.

Mu byifuzo by’aba baturage barasaba ko nabo bahabwa  umuriro w’amashanyarazi  kugirango  bawubyaze umusaruro mu bikorwa binyuranye by’iterambere  n’imibereho yabo ya buri munsi iri imbere, nk’uko Murihano Jean yabibwiye Rwandayacu.com

Yagize ati:” Kuba nta muriro w’amashanyarazi dufite ni bimwe mu bituma tutizigamira amafaranga reba kujya gusudiza urugi Mahoko cyangwa se mu wundi murenge ayo ni amafaranga menshi kuko amafaranga aguze urugi rumwe agenda yikuba kabiri, ubu ntiwabona iduka riba rikunguye sa kumi n’ebyeri kuko twibera mu icuraburindi, ubu ntawagura ka televiziyo kuko ntacyo yagakoza ngo arebe amakuru, ubu kureba filime ni ugutega , ikindi kandi kuba nta muriro tugira niukurara turwana n’ibisambo, Leta nidufashe iduhe umuriro , kuko twashatse no kuwifatira twishyize hamwe ubuyobozi burabyanga twari tumaze gujusanya asaga miliyoni imwe”.

Kutagira umuriro w’amashanyarazi bidindiza iterambere muri Nyamikongi

Umuyobozi wishami ry’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu REG mu karere ka Rubavu Butera  Laurent,   nawe ashimangira   ko  aha hantu hari mu duce  twasigaye  tutagejejwemo umuriro w’amashanyarazi  ,  gusa ngo mu kwezi  kwa gatandatu n’ukwa karindwi  muri uyu mwaka    utu duce  natwo tuzatangira kugezwa mo umuriro w’amashanyarazi.

Yagize ati:” Kiriya kibazo cy muri Nyamikongi koko kuba nta muriro bafite kandi uduce tuyizengurutse dufite umuriro w’amashanyarazi kirazwi, gusa ubu kirimo kirashakirwa  umuti ku buryo mu mezi make ari imbere nko muri  Nyakanga 2021, abaturiye kariya gace bazaba bamaze gushyikirizwa umuriro w’amashanyarazi”

Imibare itangwa n’ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu REG  ,mu karere    ka Rubavu   igaragaza ko kugeza ubu  muri aka  karere  umubare w’abaturage  bamaze kugezwaho  umuriro w’amashanyarazi   ugeze ku gipimo cya  80% biturutse  ku mishinga itandukanye  yagiye igeza amashanyarazi ku baturage bo mu bice bitandukanye  by’akarere ka Rubavu.

 1,609 total views,  4 views today