Nyabihu: Umusore  Bigirinka  yiyemeje gutoza urubyiruko umuco Nyarwanda ashinga ikigo Cultural Heritage Consultancy Ltd

Yanditswe Ngaboyabahizi Protais

Bigirinka Gasasira Innocent  ni umwe mu rubyiruko   wiyemeje guteza imbere umuco n’umurage mu  muryango Nyarwanda cyane cyane  murubyiruko , avuga ko nyuma yo gukora ubushakashatsi  ku muco n’amateka  ndetse  no gusura   ahantu hatandukanye  habumbatiye umuco n’amateka  y’u Rwanda,  ngo yahise mo gutanga umusanzu we     abinyujije    mu kigo yashinze  cyitwa  Cultural Heritage Cunsultany Ltd kigamije   guteza imbere   umuco n’umurage mu muryango nyarwanda  cyane cyane mu  rubyiruko    muri gahunda yokurufasha  kumenya  umuco n’umurage  w’amateka ari nako arufasha gukuza impano zabo kugira ngo bizabagirire akamaro mu bihe biri imbere .

Bigirinka mu gukangurira urubyiruko kwimakaza umuco no kuzamura impano zabo abinyuza mu mikino inyuranye (foto Ngaboyabahizi Protais)

Yagize ati”Nyuma yo gukora ubushakashatsi ,u muco n’amateka by’u Rwanda nasanze urubyiruko rwifashije amateka n’umuco rwakwiteza imbere, nko gukora ibihangano nyarwanda bigendeye ku mico byatuma biteza imbere, ubukerarugendo bushingiye ku mateka n’ahantu nyaburanga , urubyiruko rwacu rubishyizemo umwete mbona koko na Gahunda ya Ndumunyarwanda, yimakazwa, ikindi ni uko hari bimwe mu bigenda byibagirana mu mu muco Nyarwanda, no kuvugira inka, amahamba, ndetse nza zimwe mu ndangagaciro za kirazira n’umuco Nyarwanda hari aho usanga bigenda bidohoka”.

Bigirinka yongera ho ko kugeza ubu hari abantu  bake biga ndetse bashaka kwigisha umuco Nyarwanda.

Yagize ati” Kugeza ubu umuco Nyarwanda ukwiye kwimakazwa binyuze mu bigo byigisha umuco n’indangagaciro za kirazira n’umuco Nyarwanda, kugira ngo urubyiruko rero rubashe kumva umuco tugenda tubinyuza mu gukuza impano zabo, ari nabwo tugenda duhuriza hamwe urubyiruko mu mirimo inyuranye, ndifuza rero inkunga ya buri wese, ariko cyane cyane ibitekerezo”.

Ibere rya Bigogwe hamwe mu hantu Nyaburanga Bigirinka azitaho, mu kubungabunga ahantu nyaburanga

Bamwe mu babyeyi bo mu  murenge wa Bigogwe w’akarere ka Nyabihu bavuga ko kuba  hari umwe mu rubyiruko wiyemeje   gushing ikigo gitoza  urubyiruko    umuco n’amateka  ;     bizafasha urubyiruko   gucengerwa n’indangagaciro z’umuco Nyarwanda  ibintu bizatuma  bamwe bishoraga mu  bikorwaa bibi no mu zindi  ngeso mbi  zishobora kubangamira  ejo habo hazaza, bihinduka

Umwe mu babyeyi  Twizerimana Theoneste Yagize ati “Twishimiye ko hagiye kujyaho ikigo kigiye kujya gihwitura urubyiruko rwacu ku bijyanye n’umuco ndetse no kuzamura impano zabo, umuco rwose mu mashuri urigishwa, ariko niba koko hagiye kubaho ikigo kigisha umuco Nyarwanda n’indangagaciro , cyane ko kizajya gikurikirana urubyiruko, ndetse kizajya kigaragaza neza ibimenyetso by’amateka , ahantu nyaburanga n’ibindi, kutamenya umunco nyarwanda n’indangagaciro ni kimwe mu bituma urubyiruko rwishora mu ngeso mbi aho baba indaya n’ibyomanzi ndetse n’abasinzi, twebwe ababyeyi natwe twiyemeje kuzajya tuboherereza abana”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bigogwe  bwana Gahutu Tebuka Jean Paul  avuga ko n’ubwo  Leta ikora  ibishoboka byose kugirango abana n’urubyiruko batozwe umuco n’indangagaciro , ariko kandi   ngo ababyeyi barakangurirwa gukomeza kugira uruhare rufatika mu kwita ku burere bw’abana babo kuko ngo ubumenyi n’uburere  abana bahabwa  mu mashuri biza  byuzuriza ibyo bavomye mu miryango

Yagize ati”Kwigisha urubyiruko umuco Nyarwanda n’indangaciro za kirazira mu Rwanda ni imwe mu bizashimangira gahunda nziza ya  Ndumunyarwanda, kuba rero hari umufatanyabikorwa Cultural Heritage Cunsultany Ltd , ikintu k’ingenzi kuko umwana azakura akunda igihugu cye kandi yubaha buri wese, mbese azaba umunyarwanda ufite ikinyabupfura, uruhare rwacu n’ubuyobozi tubuijeje ubufatanye, nkaba kandi nsaba ababyeyi gukomeza kwita ku bana babo no kubatoxa indangagaciro n’umuco Nyarwanda, kuko aba bana ni  bo b’ejo hazaza h’u Rwanda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Bigogwe Gahutu asaba urubyiruko kugira umuco Nyarwanda(Foto Ngaboyabahizi Protais).

Binyuze mu bikorwa  byateguwe  n’ikigo  kigamije  guteza imbere umuco n’amateka  mu  rubyiruko   ngo    bizarufasha no  gukuza impano zabo zitandukanye  zirimo  izishingiye ku mikino n’imyidagaduro  ubuhanzi   n’ibindi ;ibi byose ngo bikazakorwa hagamijwe  gufasha urubyiruko  gukomera ku ndangagaciro z’umuco nyarwanda  bityo bibarinde  kwiyandarika no kwishora mu ngesombi cyangwa se ibindi bikorwa  bibi byabangamira  umuryango nyarwanda   ndetse n’ahazaza h’urubyiruko.

 

 

 3,734 total views,  2 views today