Musanze:Rwambogo bamaze igihe bafungiwe ivomo bayoboka Umugezi wa Susa

 

Yandiswe na:Ngaboyabahizi Protais

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rwambogo, Umurenge wa Musanze, Akarere ka Musanze,bavuga ko  bamaze igihe kirekire  ivomo   bari baregerejwe  rifunzwe    ku buryo  kugeza ubu  kubona amazi meza ari ikibazo  gikomeye bigatuma  bamwe bajya kuvoma azi  mabi  atemba ava mu birungamu mugezi wa Susa na Rwebeya.

Aba baturage baravuga ko   hashize igihe kirenga umwaka  batabona amazi meza kubera ko  ngo   ivomo  bari baregerejwe  ryafunzwe   none  ngo kuri ubu bahanganye n’ibibazo  by’urusobe   bijyanye n’isuku n’isukura, nk’uko umwe mu baganiriye na Rwandayacu.com yayibwiye

Yagize ati: “ Kugeza ubu tumaze umwaka wose tujya kuvoma amazi yo muri Rwebeye na Susa, tugenda tureba aho amazi yagiye asigara nk’ibiziba byiretse, ibi rero bidutera indwara kuko turayanywa tukayatekesha, ibi rero kugira ngo bafunge ririya vomo numvise ngo byatewe no kuba konteri yari ifite ikibazo, ariko nanone ubuyobozi bwaradutereranye cyane , twifuza ko iri vomo ryagaruka tukabona amazi meza”

Imwe mu migezi yo muri Musanze ntikitabwaho yaribagiranye rwose kuko ifunzwe igihe kirekire

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Musanze  Dushimire Jeana avuga ko   gufungwa kw’iryo vomo  byatewe n’imicungire mibi   y’abarikoreshaga

Yagize ati: “Ririya vomo buriya kugira ngo rifungwe byatewe ni uko ,hari amadeni menshi  batishyuye ikigo  gishinzwe isuku n’isukura  WASAC maze   bituma iryo vomo rifungwa kimwe n’andi yose   yari afite  ibibazo nk’ibyo, gusa kuri ubu twakoranye inama n’abaturage bakoreshaga iryo vomo   kugirango batangire  kwishakamo ubushobozi  bishyure ayo madeni  hanyuma ivomo ryabo rifungurwe”

Uyu munyamabanga Nshingwabikorwa wumurenge wa Musanze  kandi avuga ko  hari n’andi mavomo yo muri uyu murenge yafunzwe  ,bitewe  n’ibazo by’amadeni  y’amazi atagiye yishyurwa , gusa  barimo kubiganiraho  n’ubuyobozi bw’akarere hamwe n’ikigo  gishinzwe isuku n’isukura WASAC  kugira ngo  barebere hamwe uko ibibazo by’ayo mavomo byabonerwa ibisubizo.

Si mu murenge wa Musanze gusa kuko no mu yindi mirenge igize akarere ka Musanze hakigaragara amavomo menshi yafunzwe abaturage bakongera bakagana amazi y’ibishanga,no mu migezi iva mu birunga.

 975 total views,  4 views today