Musanze:Abaturiye umugezi wa Rwebeya babangamiwe n’amazi awunyuramo

Yashyizweho na Rwandaya.com

Bamwe  mu baturage bo mu karere ka Musanze baturiye umugezi wa Rwebeya  bavuga ko  babangamiwe na   ruhurura ya Rwebeya inyuramo amazi ava mu birunga  iagenda asatira amazu yabo ndetse ngo   bamwe  akanabasenyera

Umwe mu baturage  bo mu kagari ka Rwebeya mu murenge wa Cyuve  w’akarere  ka Musanze,

Yagize ati: “Dutewe  impungenge na ruhurura   ya Rwebeya   inyuramo amazi ava mu birunga mu gihe cy’imvura, kandi ubona igenda yaguka isatira amazu yacu, ngira ngo  ibi ni ibintu bigaragarira buri wese, amazu yacu agenfda asigara ahanamye, twifuza ko iyi ruhurura yakubakwa mu buryo burambye, ku buryo itazakomeza kwaguka ikaduteza ibibabzo harimo n’imfu za hato na hato.”

Uko umugezi wa Rwebeya ugenda wiyongera ni ko usatira amazu y’abaturage.

Aba baturagenkandi baranavuga ko inzego zitandukanye z’ubuyobozi   zigenda  zisimburana   ziza   kureba    iyi ruhurura  maze  ngo zikabizeza ko  igiye kubakwa   ariko  bagategereza bagaheba nk’uko Mutuyeyezu abibwira Rwandayacu.com

Yagize ati “Umuyobozi wese ugiyeho yaba uw’intara, Akarere, aza avuga ko aje guhangana n’iki kibazo, ariko noneho tugategereza ibyo yavuze ko azabishyira mu bikorwa tugaheba, hari ubwo ujya kubona ukabona akarere gafashe imifuka kujujemo itaka ngo kaje gutangira amazi, mu jugezi wa Rwebeya imvura yagwa ikabimanukana byose, kandi ubwo ni amafaranga aba ahatikirira rwose ubuyobozi ni bwite kuri iki kibazo.”

Ubuyobozi bw’akarere ka Musanze buravuga ko  bagenda bubaka iyi ruhurura mu byiciro  bityo  ngo icyiciro kizakurikiraho  kikazahera  aho aba baturage batuye, nk’uko Umuyobozi w’akarere ka Musanze wungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu  Andrew Rucyahana Mpuhwe, yabibwiye Rwandayacu.Com

Yagize ati: “ Kubaka  Ruhurura ya Rwebeya ni ibintu bigenda bikorwa mu byiciro  bityo icyiciro kigiye gukurikiraho  kikazahera aho aba baturage batuye, kandi tugakomeza tubasaba koko niba babona uyu mugezi ukomeza kubasatira byaba byiza  bagiye bahava kugeza ubwo ingamba zirambye zizaba zimaze gufatwa harimo kubaka urukuta rukumira amazi.”

Uretse kuba uyu mugeziurimo gusatira inzu z’abaturage kandi ngo wangiza n’imyaka yabo mu gihe imvura yaguye amazi agasendera, ndetse agatwara n’amatungo yabo.

 984 total views,  2 views today