Musanze:Abasigajwe inyuma n’amateka baracyanywa amazi y’ibirohwa

 

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Imiryango y’abasigajwe inyuma n’amateka yatujwe mu kagari ka Mudende  mu  Murenge wa Shingiro  w’akarere ka Musanze ; bavuga ko babangamiwe n’ikibazo cyo kutagira amazi meza mu mudugudu batujwemo ,kuri ubu   bakaba bavoma  amazi y’imvura  yo mu kigega  aturuka ku gisenge cy’ibiro by’akagari kabo   iki kigega nacyo ngo bakaba bafite impungege ko bazakigwamo  kuko bakivomamo banyuze hejuru, amazi yaba yashizemo bakajya kuvoma amazi y’ibirohwa aba yiretse mu bizenga biri hafi y’aho batuye. Ubuyobozi bw’umurenge wa shingiro buvuga ko iki kibazo  kirimo gushakirwa igisubizo.

Aba baturage bo mu miryango y’abasigajwe inyuma n’amateka   baravuga ko Iki kigega bavomamo amazi    kirarangaye  hejuru  ari naho banyura binjiramo bajya  kuvoma mo  amazi   bifashisha mu buzima bwa buri munsi  ayo mazi bavoma   ngo akaba  ari mabi cyane atujuje ubuziranenge kuko ngo  amazemo igihe kirekire  ikindi ngo bakaba bayavoma  bayakandagiramo  ibintu bavuga ko byongeramo imyanda  ariko ngo kubera amaburakindi bagapfa kuyavoma

Mu kiganiro twagiranye na Bamwe mu batujwe muri uyu mudugu bagarutse kumbogamizi  bahanganye nazo baterwa n’amazi mabi  bavoma muri iki kigega ndetse  n’impungenge baterwa no kuba   iki kigega bavomamo kirangaye hejuru  kuburyo ngo abana babo bashobora kuzakigwamo, nk’uko Kabare yabitangarije Rwandayacu.com

Yagize ati: “ Ikibazo cy’amazi kuri twe ni ingorabahizi, murabizi abasigajwe inyuma n’amateka kubina igiceri muri uru Rwanda ni intambara, tuvoma muri iki kigega cy’akagari ka Mudende, robine nazo zarapfuye badukorera urwego ngo tuje tujya kuvomamo dukoresheje utujerekani, ari abana n’abakuru dukandagiramo, ubuse urabona atari umwanda ukomeye n’inzoka twirwa twiroha, rwose badufashe tubone amazi y’isoko kuko amsazi y’imvura banatubwiye ko atera indwara, twakayatetse ariko ntidupfa kubona inkwi mu buryo bworoshye”.

Kabare avuga ko afite ikibazo ko abana babo bazagwa muri iki kigega (foto Rwandayacu.com)

Aba baturage kandi bavuga ko bafite impungenge ko umunsi umwe abana babo bazagwamo bagapfa, bakongeraho ko kuba nta mazi meza no kugira isuku ku bwabo ari ikibazo nk’uko Nyiransabimana Divine abivuga.

Yagize ati: “Ariya mazi rwose arimo umwanda mwinshi cyane , ariko ibyo twarabyihanganiye , impungenge ni uko kuri ubu abana bacu bahora barwaye inzoka , natwe duhorana ibicurane, kuba rero abana bacu na twe dukoresha amazi mabi, ntabwo byatuma tugira ubuzima bwiza, reba nk’aya mazi ndimo kogesha ibikoresho byo mu gikoni, urabona se wayakaraba? Ni ikibazo rwose njye mbona ahari twe baratwibagiwe mu baturage bakwiye amazi meza, ndasaba ko Leta yadutabara hato abana bacu batazamirira nkeri muri kiriya igega, kuko nta mutekano”.

Nyiransabimana asanga n’ubwo basukura ibikoresho byabo amazi aba yanduye(foto Rwandayacu.com).

Kuri iki kibazo Umunyamabanaga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Shingiro Nteziryayo Justin  yavuzeko  hari gahunda yo kugeza amazi meza muri aka gace kugira ngo iyi miryango y’abasigajwe inyuma n’amateka nayo ijye ikoresha amazi meza  kandi iki kigega giteje aba baturage impungenge ko abana babo  bazakigwamo  nacyo ngo kikaba kigiye gusanwa

Yagize ati: “Dufite gahunda yo kugezayo amazi, ndetse hari n’imiyoboro yindi imaze kubakwa, turimo kuganira na WASAC, kugira ngo bafungure amavomo ari hafi yabo aho ngaho , abo basigajwe inyuma n’amateka nabo bazaboneraho, ikindi urabona ko kugira ngo babe bakemurirwa ibibazo bafite dukora raporo ijya ku karere na bo bagafashwa, kiriya kigega na cyo kizasanwa, kuko natwe tubona koko ko ari ikibazo, kuba banywa amazi mabi, gusa n’abasaba ko n’ariya mazi bafite bajya bayateka”.

Kugeza ubu mu mudugudu wa Mudende habarurwa  imiryango 21 y’abasigajwe inyuma n’amateka   igizwe n’abantu  bagera kuri 75 ; batujwe muri aka gace  nibo bavuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cyo kutagira amazi meza.

 

Aba bana hatabayeho gutabara ikigega cy’amazi cyazabahitana (foto Rwandayacu.com).

 

 

 

 1,391 total views,  4 views today