Musanze: Urubyiruko rwiyemeje kurwanya ubushomeri

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Nyuma yo kwemererwa na Leta y’u Rwanda    kwimenyereza umwuga  mu  ruganda  rukora amavuta n’amasabune  ritwa   UBURANGA PRODUCTS  ruherereye mu murenge wa Nkotsi  mu karere ka Musanze , rumwe mu rubyiruko   ruravuga ko  ubumenyi  bahawe  bugiye kubafasha   guhanaga n’ikibazo cy;ubushomeri  gikunze kuvugwa mu rubyiruko

Mu mamezi atatu uru rubyiruko rwari rumaze  rwimenyereza   umwuga mu ruganda  rukora amavuta n’amasabune rwitwa  Uburanga products  ruherereye mu murenge wa Nkotsi  mu karere ka Musanze ,  ubwo bashikirizwaga impamyabushobizi zabo ,Uru rubyiruko rukaba ruvuga  ko  rugiye kubyaza umusaruro  amahirwe rwahawe na Leta y’urwanda  muri gahunda yo kwigira umurimo mu kazi  binyuze mu  kigo cy’igihugu hishinzwe kwigisha imyuga n’ubumenyi ngiro WDA

Tuyumvire Jean de la Paix ni umwe mubanyeshuri  bahawe  impamyabumenyi   wimenyerezaga umwuga mu ruganda Uburanga Products

Yagize ati: “Naje kwiga mbishaka kandi hari icyo nshaka  gukemura muri sosiyete  cyane cyane ko inganda zikora amavuta n’amasabune zikiri nkeya mu gihugu  niyemeje kwishyira hamwe n’abandi  kugirango dutange umusanzu wacu mu kwihangira umurimo no kurwanya ubushomeri kuko ibyo twize twifuzako twabyigisha n’abandi”

Mwizerwa Brigite nawe ashimangira ko Uburanga Products bwamwigishije kwihangira umurimo ndetse no gukora umushinga

Yagize ati: “ Ni byiza  cyane  kuba naramenye gukora amavuta n’amasabune  ubu  ngiye gukora uko nshoboye nifatanye na bagenzi banjye dukore koperative kandi tuzanemo n’urundi rubyiruko bagenzi bacu kugirango nabo tubigishe  kugira ngo  nabo barebe ko bakwiteza imbere’’

Abarangije amasomo uko bagera kuri 20 biyemeje kwibumbira muri za koperative

Nshimyumuremyi Cephas  ni umuyobozi w’uruganda uburanga Products , avuga ko kuba yaratangiye ubushabitsi bwe ari urubyiruko adakwiye kwirengagiza ko hari abandi nk’urubyiruko bakeneye kubona ku bumenyi bwo kwihangira umurimo no kwibumbira mu makoperative. Yagize ati: “ Uru rubyiruko twaruhanye ubumenyi buhagije buzabafasha kwihangira umurimo  no gukemura ikibazo  cyo kuba amasabune n’amavuta  byakoreshwaga mu Rwanda ibyinshi biva hanze   akaba ariyo mpamvu  natwe twitanze kugirango amahirwe twahawe na Leta y’uRwanda tuyasangize uru rubyiruko kugira ngo narwo ruzigirire akamaro’’.

Umukozi w’akarere ka Musanze  ushinzwe ishoramari  amakoperative Uwantege Flicite yasabye urubyiruko rwasoje amahugurwa kwihangira umurimo kimwe no kwibumbira mu makoperative.

Yagize ati: “ Uru rubyiruko turarukangurira  kwishyira hamwe ntibapfushe ubusa amahirwe bahawe kuko hari uburyo bworoshye Leta yabashyiriyeho bwo gukorana n’ibigo byimari bakabona inguzabyo  ku nyungo ntoya  kugirango barusheho kwizigama no kwiteza imbere”

Mu byo Uburanga Products ikora harimo n’isabune yogeshwa amazu ndetse no kwirinda Covid-19

Mu mezi atatu bari bamaze bimenyereza  umurimo   mu ruganda  rukora amasabune n’amavuta rw’Uburanga  Product   , uru rubyiruko rugera kuri 20 ruravuga ko rwungutse byinshi  birimo no gukora umuti wica udukoko uzwi nka Hand sanitizer wifashishwa mu kurwanya icyorezo cya Covid 19 ibi rero ngo bikazabafasha  mugutanga umusanzu wabo  mu gukumira iki cyorezo

 2,255 total views,  2 views today