Musanze: Umubyeyi aratabariza umwana we waheze mu nzu kubera ikibazo cyo kuba afite ubumuga

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Umubyeyi witwa Nyiramana Donata utuye mu  mudududu wa Nyagahondo akagari ka Cyivugiza Umurenge wa Muko Akarere ka Musanze  aratabariza umwana arera witwa Ishimwe  Olivier    kugira ngo abe yahabwa ubuvuzi  nyuma y’aho uyu mwana   ahuye n’uburwayi budasanzwe   bwamusigiye ubumuga bw’ingingo   kugeza ubu akaba adashobora kuva aho ari.

Nyiramana Donata ntabwo ava mu rugo kubera ko Olivier atabasha kwikura aho ari (foto Ngaboyabahizi Protais).

Ubwo www.Rwandayacu.com yamusuraga mu rugo iwe Nyiramana Donata yagize ati: “Uyu mwana  Ishimwe  Olivier    yavutse nta kibazo na kimwe   cy’ubumuga  afite   yatangiye amashuri nk’abandi bose  cyakora  maze   ageze  mu mwaka wa Gatatu  w’amashuri abanza     afatwa n’uburwayi  mu  kaguru kamwe  maze ngo   dukeka  ko ari imbasa tumujyanye kwa muganga  dusanga  atari yo”.

Mbere y’uko Olivier ahura n’ubumuga bwamuzengereje kuri ubu(Photo Archive).

 

Akomeza avuga ko nyuuma y’ igihe gito  ari bwo n’ akandi kaguru nako kafashwe  ndetse uburwayi  bukomeza kwiyongera  bugera no  ku ruti rw’umugongo kuburyo magingo aya uyu mwana  adashobora  kwivana aho ari.

Uyu mubyeyi avuga ko kuri ubu yakoze ingendo ndende amuvuza bikanga kubera ko nta mikoro agira, ndetse avuga ko nta muyobozi uramugeraho ngo abe yahabwa ubufasha.

Yagize ati “ Rwose nta ko ntagize, nagiye kuvuriza mu bitaro bya Ruhengeri, Gahini, Ririma, byaranyobeye, ibi kandi biri mu bindindiza kuko ntabwo nshobora kuva hano uyu mwana aba akeneye umwitaho cyane, ndifuza ko ubuyobozi bwamba hafi cyane ko nta muyobozi ndabna hano kandi ku murenge barabizi, kugira ngo uyu mwana avuzwe nkeneye miliyoni zisaga eshatu, kuko nagiye i Gahini kugira ngo bamuvure ndazibura ni zo bancaga”.

Kuri ubu Olivier ntava aho ari adateruwe, kandi yifuza gukomeza amasomo ye(foto Ngaboyabahizi Protais).

Abaturanyi b’uyu mubyeyi nabo barasabira uyu mwana koyafashwa akaba yavuzwa  kuko ngo uburwayi bwe  nabo bwabayobeye

Muhorakeye Enata ni umuturanyi wa Donata yagize  ati “ Uyu mubyeyi rwose adutera agahinda rwose, reba nawe umwana umaze imyaka ingana kuriya atava aho ari akenera kurya kwituma ibyo byose bisaba umuntu umuba iruhande, twifuza ko ubuyobozi nk’uko buvuga ko bwita ku bafite ubumuga n’abatishoboye ko bwatabara uriya mwana kuko ameze nabi, ikindi uburwayi bwuriya mwana buzatuma uriya mubyeyi rwose nawe ahinduka umuntu usabiriza”.

Umuyobozi w’akarere ka Musanze ushinzwe imibereho myiza y’abaturage ; Kamanzi Axelle yavuze ko  bagiye kwegera uyu mubyeyi kugira ngo  babanze bamenye imiterere y’uburwayi bw’uyu mwana  hanyuma  barebe icyo bamufasha ku bijyanye no kumuvuza ndetse no kumwitaho

Yagize ati: “ Hari indwara nyinshi zijya ziza zigafata umuntu mu buryo budasanzwe, gusa n’uriya urabona ko bikaze rwose birasaba ko abaganga basobanura neza uburwayi bw’uriya mwana, iyo tubonye uburwayi bwe rero u bufatanye n’ibitaro bya Leta yavurwa, tugiye kuganira n’uriya mubyeyi turebe ibikenewe tumufashe”.

Umuyobozi w’akarere ka Musanze ushinzwe imibereho myiza y’abaturage ; Kamanzi Axelle(foto Ngaboyabahizi Protais).

Uyu mwana  Ishimwe  Olivier  wafashwe n’ubu burwayi ageze mu mwaka wa Gatatau w’amashuri abanza  kuri ubu afite  imyaka 15 y’amavuko

Iyo uganiriye nawe  mu magambo make  avuga ko yari afite ishyaka ryo gukomeza kwiga; dore ko ngo akiri mu ishuri atarafatwa n’ubu burwayi   yari umuhanga cyane  gusa  ububurwayi bwe ngo bukaba bwaramukomye mu nko kora aho nawe ubwe yisabira ko aramutse  yitaweho akavurwa   ngo  yiteguye gukomeza amashuri.

Ku bifuza gutanga ubufasha mwahamagara kuri iyi numero+250783687761

 1,288 total views,  4 views today