Musanze :Kutagira amazi  mu  nkengero z’umujyi bibangamiye isuku n’isukura

 

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Abaturage bo mu midugudu itandukanye igize akagari ka Kigombe  mu murenge wa Muhoza akarere  ka Musanze bavuga ko bamaze igihe kirekire bahanganye n’ikibazo cy’uko muri aka  gace batuyemo  nta  mazi ahari  bikabangamira imibereho yabo hamwe  n’isuku n’isukura

Abatuye muri aka gace  baravuga ko  babangamiwe no kuba   nta mazi ahaba   kuburyo  ngo kubona amazi ari ikibazo cy’ingorabahizi   dore ko ngo n’aho aboneka ari kure  kandi nabwo akabona umugabo agasiba undi.

Mu bice bimwe na bimwe byo mu mugi waMusanze hari ikibazo cy’amazi

Maniragaba Alexis   atuye  mu mudugudu wa Kavumu  mu kagari ka Kigombe ni umwe mu babihamya

Yagize ati : “ikibazo cy’amazi kiraduhangayikishije cyane ,uwo wabaza  wese muri aka gace   yakubwira ikibazo cy’amazi  twe tuvoma uruzi rwa Mukungwa  akandi gasooko  tuvomaho amazi  kugira ngo ukagereho urenga imisozi ine   ku buryo koherezayo umwana cyangwa umugore  atakuzanira amazi , bisaba ko abagabo tujya kwishakira amazi, kuko haba hari inkomati ikaze cyane”.

Ku mavomo amwe yo   mu mugi wa Musanze, usanga ari inkomati

Mbarubukeye  Wellars   wo  mu  mudugudu wa Mugara   avuga ko  kubera ikibazo cy’amazi  ntawe upfa  kubona ayo kumeshesha  ku buryo isuku n’isukura ari ikibazo  .

Yagize ati: “ Burya isuku ijyana  no kuba hari amazi  none se waba wavomye akajerekani kamwe nabwo ukakabona wiyushye akuya   hanyuma ukayasesagura ngo uramesa  cyakora umesa agashati kamwe  n’agapantaro kamwe  ibindi ukabyihorera , urumva ko rero isuku  ari ikibazo”.

Aba baturage barasaba  ko bagezwaho amazi meza   dore ko ngo   iki kibazo batahwemaye kukigaragariza   inzego z’ubuyobozi   zikabizeza   ko kigiye gukemuka ,ariko ngo    imyaka irashira indi igataha  bagategereza  bagaheba

Ubuyobozi  bw’akarere ka Musanze buvuga ko  iki kibazo  kigiye kubonerwa igisubizo  kuko hari umushinga mugari wo  kongera amazi  no kuyageza mu bice bitandukanye  by’akarere ka Musanze

Amazi ni ikibazo mu baturiye umugi wa Musanze

Umuyobozi wungirije w’akarere ka Musanze ushinzwe imibereho  myiza y’abaturage  Kamazi   Axele yabitangarije itangazamakuru

Yagize ati .”Ikibazo cy’amazi  kirahari koko  kandi kimaze igihe kirekire ; haba mu mujyi wa Musanze ndetse  no mu nkengero zawo;  gusa    kubufatanye n’ikigo  gishizwe amazi  isuku n’isukura WASAC    hari umushinga  mugari watangiye  wo kongera  amazi no kuyageza   mubice bitandukanye  by’umujyi wa Musanze no mu nkengero zawo,  ku buryo  ikibazo cy’amazi  aba baturage  bafite  na cyo kizahita gikemuka”

Amatiyo amwe usanga azana amazi make

Uyu muyobozi kandi avuga ko ashingiye ku makuru  bahabwa n’ikigo gishinzwe amazi isuku n’ukura WASAC,  arizeza aba baturage ko  mu mpera z’uyu mwaka  uyu mushinga wo kongera no kugeza amazi  mu bice bitandukanye by’umujyi  wa musanze no mu nkengero  zawo ngo  uwo mushinga  uzaba watangiye gutanga umusaruro  bityo  ikibazo   bafite  kizakemuke .

 3,081 total views,  2 views today