Musanze: Itorero Fatherhood Sanctuary  Ministries  ryatanze ibikoresho by’isuku mu bitaro bya Ruhengeri.

 

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Kuri uyu wa kane tariki ya 13 kanama 2020 Fatherhood Sanctuary  ministries   ryashyikirije  ibitaro bikuru bya Ruhengeri inkunga y’ibikoresho  bisukura amazi izwi nka (Water filters ) bikazakwirakwizwa no mubigo nderabuzima byose uko ari 16 bigize akarere ka Musanze mu rwego rwo guharanira ko abaturage bakomeza kugira ubuzima bwiza.

Umuyobozi mukuru uyobora Itorero Fatherhood  Sanctuary Ministry   Bishop Pacifique Hakizima, yavuze ko batekereje  iki gikorwa cy’urukundo bitewe n’uburyo  ubuzima bukenera amazi buri gihe nanone kandi yavuze ko yigeze kurwariza muri ibi bitaro bya Ruhengeri abona bigoye ko umurwayi yabona amazi ;bityo ngo bikaba ariyo mpamvu yatumye bagira  bagira icyo bakora kugira ngo abarwayi bajye babona amazi meza yo kunywa.
Yakomeje avuga  ko  Ijambo ry’Imana  ribwira abantu gukora neza  bafashanya   hagati yabo

Yagize ati: “ Akenshi dukunze kwigisha abantu  ibikorwa by’urukundo ;kandi ugasanga twebwe tutabikora nyamara Bibiliya ibidusaba ko tubishyira mubikorwa  niyo mpamvu rero dukwiye kugira umutima mwiza  dukora ibikorwa byiza”.
Umyobozi mukuru w’ibitaro bya Buhengeri ,

Dr Muhire Philibert   yashimiye  abakirisito b’itorero Fatherhood  Sanctuary   Ministries   uburyo bagize iki gitekerezo cyo gufasha  ibitaro bya Ruhengeri, ndetse anavuga ko Fatherhood  Sanctuary  ari abafatanyabikorwa b’imena.

 

Yagize ati: “   ibi bikoresho bije kunganira ibyo twari dusanzwe dufite  ndetse bizatuma isuku yiyongera muri ibi bitaro  n’ibigonderabuzima bigize aka karere ka Musanze, uko ari 16”.

Uyu muyobozi akomeza avuga ko abarwayi bagiye kujya babona amazi meza kandi asukuye kuko byabagoraga guhora bajya kugura amazi  yo kunywesha imiti .

Bishop Pacifique Hakizimana avuga ko azakomeza gutanga ubufasha mu birebana n’isuku n’isukura uko ubushobozi bubonetse

 

Umuyobozi w’ungirije wa karere ka Musanze ushinzwe imibereho myiza y’Abaturage  Kamanzi Axelle, yashimye imikoranire myiza Fatherhood  Sanctuary Ministries  ikomeje kugaragriza akarere ka Musanze ndetse avuga ko amazi meza ari isoko y’ubuzima.

Yagize ati: “ibi bikoresho  bigiye gufasha akarere ka Musanze by’umwihariko , nkaba nsaba rero n’andi  matorero gukomeza kugira ibikorwa by’urukundo byo gufasha   bituma abaturage bagira ubuzima bwiza muri  rusange”

Ibitaro bikuru bya Ruhengeri   ubusanzwe byakira abarwayi baturutse  mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba.

 2,169 total views,  2 views today