Musanze: Gataraga bavoma ibirohwa kandi baturanye n’uruganda rutunganya amazi rwa Mutobo

 

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Gataraga Akarere ka Musanze baavuga ko  bagorwa no kubona  amazi   meza  kandi  baturiye  uruganda rutunganya amazi rwa Mutobo  ahubwo ngo ayo amazi  akigira ahandi  bo bagasigara bavoma ibirohwa bitemba.Ubuyobozi bw’umurenge wa Gataraga bwo butangaza bahawe amavomo   ahubwo ngo  banga kuyavoma bakigira  kuvoma amazi atemba.

Umwe mu baturage bo  u kagari ka Rubindi, Umudugudu wa Butakanyundo yagize ati: “ Ni ishyano kuba uturiye uruganda rutunganya amazi wowe ukaba winywera ibirohwa, nkatwe urabona duturanye n’uruganda rutunganganya amazi rwa Mutobo, amatiyo anyura mu mirima yacu akwirakwiza amazi mu mugi wa Musanze no mu yindi mirenge igize akarere kacu, ariko twe tuvoma ibirohwa bitemba kandi biba byavuye no muri urwo ruganda, ikindi n’ibyo birohwa tubibona twakoze urugendo, turifuza amavomo rwose”.

Abaturage bo mu gataraga bavoma amazi atemba hafi y’uruganda

Uyu muturage akomeza avuga ko gukoresha amazi mabi bituma bahora barwaye indwara zikomoka ku mwanda

Yagize ati: “ Kuri ubu rwose abana bacu natwe ubwacu abantu bakuru duhora twivuza indwara  zikomoka ku mwanda harimo inzoka cyane cyane ibi bituma duhora twivuza ; ndifuza ko rwose baduha uburyo bwo guhora tuvoma amazi meza meza”.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gataraga     Kabera Canisius avuga ko  abaturage bo bafite amavomo ahubwo banze kuyagana

Yagize ati: “Kuba bariya baturage bavuga ko nta mazi meza bafite barabeshya ahubwo hari amavomo bahawe ariko  banga kujyaku yavomaho  bitwaje ko bishyuzwa  amafaranga  hanyuma  bagahitamo  kujya kwivomera  amazia atemba  bavuga ko ari ay’ubuntu Imana yabihereye” . Uyu Muyobozi akaba avuga ko bakomeje urugamba rwo guhindura bene iyo myumvire kugira ngo aba baturage bayoboke amavomo rusange begerejwe bareke kuvoma  amazi atemba

Gitifu w’umurenge wa Gataraga avuga ko abaturage be bahisemo kuvoma amazi atemba

Yagize ati: ” Ubu ni ugukomeza gukora ubukangurambaga abaturage bakamenyako amazi mabi ari yo ntandaro y’indwara nyinshi zikomoka ku mwanda, ahubwo turabashishikariza gukomeza gukoresha amazi yo ku mavomo ikindi bakirinda kunywa amazi mabi kandi nabwo adatetse , ikindi ni uko kuri ubu hagiye gutangira umushinga  mugari wo gutunganya  no gukwirakwiza ayo mazi  kuburyo ngo nta baturage bo muri aka gace bazongera kugira ikibazo cy’ibura ry’amazi”.

Ubusanzwe muri aka gace  kubatswe mo uruganda rutunganya amazi rwa Mutobo  mu murenge wa Gataraga Akarere ka Musanze;   niho haturuka amazi ajya mu bice bitandukanye by’igihugu.

 1,658 total views,  4 views today