Musanze: Gasahane Simoni yagiye kwiga muri Uganda agarutse asanga umuryango we barawishe muri Jenoside

 

Yanditswe na: Umwanditsi wacu.

Gasahane Simoni  utuye mu kagari ka Sahara mu murenge wa Busogo w’akarere ka  Musanze   aravuga ko  ataheranwe n’amateka mabi   ahubwo ko yarenze ayo mateka maze aharanira kongera kubaho  no kubabarira abamwiciye, dore ko mu gihe Jenoside yakorerwaga abatutsi  mu 1994, we yari yaragiye kwiga muri Uganda mu 1987, hanyuma agarutse muri 1995  asanga abo mu muryango we bose  barishwe .

Nyuma yo gusanga abo mu muryango we hafi yabose barishwe , uyu musaza Gasahani Simoni aravuga ko  kubyakira byamugoye ariko  buhoro buhoro agenda abohoka  ndetse atangira n’inzira y’iterambere n’ubwo ngo  asa n’uwatangirye kuri zeru ariko kuri ubu ngo amaze kugera kuntera ishimishije

Yagize ati : “Nagarutse mu Rwanda nsanga aho twari dutuye ni amatongo  hanyuma ntangira gushakisha aho abo mu muryango wanyje  bajugunywe  bamwe tubasanga mu misarane abandi mu byobo bacukuragamo itaka ryo kubumba amatafari  ,hanyuma tubashyingura mu cyubahiro mu  rwibutso rwa Busogo’’.

Yakomeje agira ati:“  Twagize ubuyobozi bwiza buraduhumuriza dutangira  ubuzima bushya ndetse   ndetse n’inkiko gacaca zatumye tumenya abatwiciye hanyuma abasabye imbabazi turabababarira  maze dutangira urugendo rw’ubumwe n’ubwiyunge no kwiyubaka  kuburyo kugeza ubu nta kibazo  . ubu  ndahinga nkeza  ndetse mfite n’inka 2 hano murugo  hari n’indi naragije”

Gasahani yishimira uburyo abayeho abikesha imiyoborere myiza(Foto Gaston Nirembere)

Uyu musaza Gasahani Simoni arahumuriza n’abandi bose  barokotse Jenoside yakorewe abatutsi  baheranwe  n’agahinda ndetse n’amateka mabi banyuzemo ko   bakayasohokamo bakigirira icyizere cyo kubaho  nk’uko nawe yabikoze abifashijwemo n’ubuyobozi

Uyu musaza Gasahani Simoni  kandi  aranavuga ko  n’ubwo kwibuka  ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe  abatutsi  bibaye mu bihe bitoroshye  byo kwirinda icyorezo cya Covid 19 ,bidakwiye kubabuza kwibuka

Yagize ati: “ Mu gihe cyo kwibuka ntitwabyima umwanya, ariko kandi ni ubwo turi mu bihe bibi bya Covid 19, tuzubahiriza amabwiriza yo kwirinda, twibuka abazize Jenoside, twunamira abacu bari mu rwibutso rwa Busogo”

Kugeza ubu urwibutso   rwa Busogo rushyinguyemo imibiri  isaga 425  y’abatutsi  biciwe muri ako gace no mu nkengero zaho  mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi.

 

 

 1,648 total views,  4 views today