Musanze: Amakoro yatanze akazi ku rubyiruko

 

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Abaturage bo mukarere ka Musanze  biganje mo urubyiruko   baravuga ko  kuba  amabuye y’amakoro yarafatwaga nk’umwanda kuri ubu akaba akorwamo  ibikoresho binyuranye byifashishwa mu bwubatsi  ngo byatumye   bivana mu bukene

Aba  baturage  bakora  imirimo yo  gutunganya  amabuye  y’amakoro  aboneka  henshi  mu karere ka Musanze    aya mabuye   akaba akorwamo  ibikoresho binyuranye byifashishwa mu bwubatsi birimo amapave  amakaro n’ibindi

Ubwo twabasangaga    ku ruganda Pavingstone Construction  LTD   mu murenge wa Nkotsi  w’akarere ka Musanze  aho bakorera uyu murimo wo  gutunganya  amabuye y’amakoro   hifashishijwe imashini zabugenewe ,    aba baturage badutangarije ko  abakora uyu murimo bamaze kugera kuri byinshi

Habumugisha yagize  ati : “aka kazi kamfitiye akamaro kanini kuko  nishyura  ubwisungane mu kwivuza neza  nkabasha kubona ibintunga  mbese ubu ntacyo mbaye, kukomfite n’ikimina ntangamo amafaranga nkaba narakuyemo inka yo korora byose mbikuye muri aka kazi k’amakoro”.

Urubyiruko rwahawe imirimo mu nganda zitunganya amakoro ziyakuramo amapave

Nibishaka Emmanuel we avuga ko adaterwa ipfunwe na kariya kazi ko guhonda amakoro

Yagize ati  “Hari ababona ko aka kazi gasaba ingufu cyakora ni akazi keza  kuko  mugihe gishize nkora aka kazi ashoboye kwiyubakira inzu  hari n’ibindi bikorwa nagiye nkora birimo kugura ihene n’ingurube, hari rero bamwe mu rubyiruko bajya baduseka ngo twirwa mu ivu, ariko bakadusaba agacupa, ndasaba urubyiruko kudakomeza kwigira abasongarere, bakitabirira uyu murimo kuko ni wo dukuraho amafaranga “.

Habimana Joseph nawe wavukiye muri aka gace  we  avuga ko aya mabuye y’amakoro  batayabonaka nk’umwanda gusa ngo kuba yaratangiye kubyazwa umusaruro byabagiriye inyungu  .

Yagize ati :” kubera aya makoro  ubu nsigaye mbona isabune n’umwambaro bitangoye  ndetse ngashobora no guhahira urugo mu buryo bworoshye   mbese aya makoro yabaye zahabu mu gihe twe mu mirima yacu twayabonaga nk’ibintu bidutera imbogamizi mu buhinzi bwacu”.

Nyuma yo kubona   ikibazo  cy’ubushomeri mu rubyiruko Bahati Jacques   uhagarariye     Pavingstone Constraction  Ltd   ikoresha uru rubyiruko  avuga ko   nyuma yo   guhagarika akazi yakoraga muri Leta   yahisemo guhanga umurimo wo kubyaza umusaruro  amabuye y’amakoro  bituma  urubyiruko rwinshi rubona akazi  ndetse n’abaturage bo muri aka gace  babyungukiramo.

Yagize ati: “Burya ibintu byaduha imirimo biri hafi yacu, nkimara gutemberera muri kano karere, nkabona amakoro yabyazwa amakaro n’amapave nahisemo kuza guhanga umurimo nkawuha n’abandi, kandi nanjye nabyungukiyemo kuko ubu ku ku kwezi mpembwa ibihumbi 700, mu gihe muri Leta nahembwaga ibihumbi 200 gusa, ndashishikariza buri wese guhanga umurimo ahereye ku biri hafi ye mu muryango”.

Bahati Jacques   uhagarariye     Pavingstone Constraction  Ltd ikorera muri Nkotsi-Musanze

Bahati Jacques yongeraho ko ngo kuba muri kariya gace ikompanyi yabo ikorera , itunganya amakorio byatumye n’ibiciro bizamuka kuko ubu ikamyo y’amakoro igura amafaranga asaga ibihumbi 30.

 

 1,894 total views,  2 views today