Musanze:  Abanyamuryango ba COOTAMONO UBUMWE ntibazi imicungire y’umutungo wabo

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Abanyamuryango ba Cootamono Ubumwe bakorera mu karere ka Musanze  umwuga wo gutwara  abantu n’ibintu  kuri moto;bavuga ko batazi uburyo umutungo wabo ucunzwe.

Mu nama yabaye ku wa 15 Ukwakira,2020  yahuje abamotari babarizwa muri iyi Koperative bagaragarizwa raporo yakozwe n’umugenzuzi mukuru wa Leta  (RCA) igaragaza imikorere n’imikoreshereze  y’imitungo bya Cootamono Ubumwe Musanze aho hagaragajwe amakosa menshi yagiye akorwa n’abayobozi biyi koperative n’amadeni kugeza ubu  atarishyurwa    iyi Koperative ibereyemo Banki, yakoresheje yubaka aho ikorera.

Abamotari bo muri Cootamono bavuga ko batazi imicungire y’imitungo yabo.

Abanyamuryango bavuga ko kuva mu mwaka wa 2014 bagiye batanga umusanzu wabo ariko kugeza ubu bakaba   bibaza impamvu koperative yabo igifite amadeni kandi bo bumva ko ayo madeni yakabaye yararangiye  Twizerimana Elisa avuga batigeze basiba gutanga umusanzu, ariko bakaba batazi uburyo imari yabo icunzwe.

Yagize ati: “ Ukurikije uburyo dutanga amafaranga buri munsi ntitwakabaye  dufite ideni muri Koperative yacu tugomba kwishyura  ndetse dufite n’aho twishyuriye kuva iriya nyubako yatangira muri 2012, njye nifuza rwose ko abagize uruhare mu kunyereza umutungo wacu bakurikiranwa”.

Ndagijimana Jean Baptiste na we ni Umunyamuryango  avuga ko hari Konte zitagaragajwe n’umugenzuzi ;aho avuga ko babafasha  bakazongera kuza bakagenzura neza; bityo bakagaragarizwa ayo  makonte abayobozi babo bataberetse  bagiye bacishaho amafaranga yabo ariko akaba atagaragara muri iyi raporo y’Umugenzuzi

Yagize ati” Batugaragarije amakonte ya koperative, ariko Konte zimwe ntazo twigeze tubonamo , ubu rero turasaba abagenzuzi kuzagaruka bakagenzura umutungo wacu , ubu mfite inyemeza bwishyu nishyuriyeho muri banki ; ariko njye ntunguwe no kuba ntayibonye muri iyi raporo”.

Umuyobozi w’ihuriro ry’abatwara moto mu Rwanda Ngarambe Daniel ,avuga ko  abanyamuryango  bari bamaze iminsi bafite ibibazo by’uko badasobananukirwa umutungo wabo n’inyubako bubatse  kandi bakakwa amafaranga buri munsi byatwe  n’uburyo batari bagasomewe raporo ya RCA ngo bayumve neza.

Yagize ati: “ Uyu munsi kwari ugusoma raporo ya Ngenzuzi “RCA” mu by’ukuri abanyamurwango  batugejejeho ibitekerezo   byinshi byagaragajwe nibyo ;ubwo rero ubwo bagaragarijwe raporo hakaba hari ibitagarayemo nabyo bizongera bigenzurwe na RCA , ku bijyanye no kuba abanyamuryango batishimiye imikoranire yabo n’abayobozi ba koperative nasaba abanyamuryango ko bagomba gufatakikanya n’inzego zose kugira ngo babishakire umuti bikemuke”.

Mitari Jean De Dieu  ukuriye ishami rya RCA mu ntara y’Amajayaruguru avuga uburyo urwego rwa RCA  rukora atangaza  ko iyo bagenzura bibanda cyane kureba imutungo ya  koperative ndetse n’imiyoborere .

Yagize ati:” Inama twatanga kuri iyi Cootamo Ubumwe  n’uko bakomeza gukora bagatanga imusanzu  kugira ngo bakomeze basigasire imitungo yabo ndetse niba bifuza ko ubuyobozi bwabo bwahinduka bazatumize inteko rusange hanyuma bafatiremo ibyemezo akomeza avuga ko muri Cootamono Ubumwe nta micungire mibi bigeze basangamo muri rusange mu bugenzuzi bakoze.Kuri ubu mu karere ka Musanze harabarurwa amakooerative agera kuri 4

Mu nama yo kuri 15Ukwakira 2020 abanyamuryango batunguwe no kumva abayobozi babo baranyereje umutungo

Cootamono Ubumwe ifite abanyamuryango 1439 muribo 267 n’Abarobyi  ikindi cyanenzwe n’umugenzuzi ni uko basanze muri iyi Koperative batajya bashyira ibintu ku murongo birimo gutegura inama n’abanyamuryango
gukoresha abakozi batabigize umwuga ndetse badafite amasezerano.

 2,910 total views,  2 views today