Imikino:Mazimpaka wakiniraga Rayon Sports biravugwa ko yaba yasinyiye Gasogi United

 

Yanditswe na Twahirwa Eric

N’ubwo bitaremezwa n’amakipe yombi , biravugwa ko Ikipe ya Gasogi United iri mu biganiro byo gusinyisha  umunyezamu Mazimpaka Andre wari umaze umwaka ari umunyezamu wa Rayon Sports

Nyuma yo gusezera ku bakunzi ba Rayon Sports ubwo iyi kipe yari imaze gusinyisha umunyezamu Kwizera Olivier, Mazimpaka Andre nawe biravugwa ko  yamaze kwerekeza mu ikipe ya Gasogi United.

 

Mazimpaka wagiye muri  Rayon Sports avuye muri Musanze FC yatangarije abamwegereye ko nyuma yo kubona Kwizera Olivier wari wavuye muri gasogo yerekeje mu ikipe ye yatanagiye gutekereza ahandi yajya

Mazimpaka ni umwe mu banyezamu bakomeye bari muri iki gihugu nubwo yagiye avugwaho ibibazo by’amarozi ubwo yari mu ikipe ya Mukura FC

Mazimpaka Andre aramutse agiye  muri Gasogi United yasangamo abatoza babiri Cassa Mbungo Andre na Kirasa Alain bari basanzwe ari abatoza be muri Rayon Sports mu mwaka w’imikino ushize.

 

 

 

 2,839 total views,  2 views today