Gicumbi: Shangasha barinubira umwanda urangwa mu ibagiro rya Kajyanjyari

 

Yanditswe na Honore Ishimwe

Abagana isoko rya Kajyanjyari ari n’aho hubatse ibagiro , bavuga umwanda uharangwa ubabangamira bigatuma n’inyama bahagura bazirya ngo badafite ikizere ko zabatera uburwayi, bukomoka ku mwanda.Ubuyobozi bw’akarere bwo butangaza ko iki kibazo kiri hafi kubinerwa umuti ariko ntibutangaza igihe bizakorerwa.

Iri bagiro rihurirwaho n’imirenge ya Shangasha na Mukarange, rybatswe mu mwaka wa 1988, iyo ugezemo usanganirwa n’ibinogo binyuranye biri hasi kuko sima yashizemo ibi bigatuma umwanda udashiramo neza mu gihe bakoropamo, ikindi ni uko ngo kuva muri iyo myaka yose nta munsi n’umwe igisenge cyari cyavugururwa bityo n’imvura yagwamo igatuma imirimo itagenda neza.

Umwe mu bagurira inyama kuri iri bagiro, Mukamazera Seraphine yagize ati: “ Navutse iri bagiro rihari, ariko kugeza n’ubu sindabona rivugururwa , kandi ridufatiye runini, kuko byari byaraturuhye kujya ku mabagiro ya Byumba aho dukoresha amasaha agera kuri ane, Uyu mwanda rero wo kuri iri bagiro, uratubangamiye cyane, kuko n’inyamatuhagurira nta kizere ko buhoro buhoro tutazakurizamo urufu kubera indwara z’amatungo ahabagirwa anyuranye , urabona habagirwa inka, ingurube, ihene n’ibindi, rwose Leta nidutabare, ikindi nanone ni uko nta n’amazi arimo bajya kuvoma ahandi kuri za robine”.

Imyaka  irahita  indi   igataha  ,ntagisubizo  gikemura  burundu   ikibazo  cy’umwanda  w’ibagiro  rya  kajyanjyari  gitangwa . Kuri ubu noneho Umuyobozi  w’akarere  ka Gicumbi  ushinzwe  imibereho myiza y’abaturage   Mujawamariya   Elisabeth  we avuga ko  umuti  uri gushakirwa  hagati  y’abakorera kumasenteri y’ubucuruzi  n’ubuyobozi ,gusa  ntatangaza  igihe  iki  kibazo  cyaba  cyakemuriwe.

Yagize ati: “ Ubundi ahantu habagirwa aho abaturage bagurira ibiribwa hakwiye kugira isuku, kuri ubu rero turakora ubukangurambaga kugira ngo amasantere y’ubucuruzi avugururwe, ubwo ni bwo n’iri bagiro rizavugururwa, gusa abaturage bakwiye gufatanya n’ubuyobozi kugira ngo rivugururwe, ubu ntabwo nakubwira ngo bizarangira ryari  cyangwa se ngo bitangire ryari, ni mu minsi iri imbere”.

Ku bijyanye n’ingorane  zikomeye  zishobora   kwibasira   ubuzima  bw’abakoresha  inyama  zabagiwe   ahantu  hadafite  isuku  ,Umuyobozi  w’ikigo nderabuzima  cya  Bushara  Zirimabagabo  Progene    avuga ko harimo indwara zinyuranye zishobora gufata abaziriye.

Yagize ati: “ Uwariye inyama zitasuzumwe zagutera inzoka, mu gihe veterineri atageze ku nkaitapimwe ishobora kuba urwaye igituntu kiguhitana, ni ngombwa ko rero abategura inyama ndetse n’aho zibagirwa hakwiye kuba hari suku irambye”.

Niba hatabonetse igisubizo gitangwa   ,nyamara   umwanda   ugaragara ku ibagiro rya Kajyanjyari  usobanurwa   n’abaganga nkuwatuma  benshi   bahakura  uburwayi  ndetse   bugeza  ku rupfu    byagashakiwe  igisubizo  vuba ,kuko iki kibazo gihora  kigarukwaho  ndetse  hagashyirwa  mu bikorwa  ibyo amabwiriza      ya Minisiteri   y’ubuzima  yakwirakwije mu turere twose  n’imirenge  asaba  birimo    ko    ibagiro   rigomba  kuba  rifite    umuriro n’amazi ,gutunganya  inyama  bigakorerwa  ahubakiye  harimo  amakaro mu rwego  rwo kwirinda mikorobe   ,abakozi baho  bakaba bafite  imyenda  y’akazi ingofero  n’itaburiya  na bote ,nyamara  ibi byose  nta na kimwe  kirangwa   mu ibagiro rya Kajyanjyari  .

 468 total views,  2 views today