Gakenke: Abahinzi b’ibigori babangamiwe na Nkongwa

Yanditswe na Ngaboyabahizi Protais

Abahinzi b’ibigori bo mu  mirenge inyuranye y’akarere ka Gakenke  baravuga ko batakibona umusaru w’ibigori     bitewe n’agakoko  bita nkongwa   kibasiye   igihingwa cy’ibigori

Muri rusange  abahinzi b’ibigori  bo  bice binyuranye by’akarere ka Gakenke  baravuga ko   bamaze igihe bahanganye n’  agakoko bita nkongwa   kangiza  ibigori bahinze doreko ngo  gatangira kubyangiza bikimera   ku buryo kuri ubu   batakibona umusaruro

Iyo nkongwa yafashe ibigori yabgiza amababi cyane(foto Nirembere).

Umwe mu bahinzi b’ibigori baganiriye na rwandayacu.com akaba ari uwo mu murenge wa Kivuruga, aragira ati “Agakoko ka Nkongwa kubera ko kamaze ino igihe kirekire katwangiriza ibigori  kuri ubu umusaruro wacu ntukigenda neza yemwe n’ubu iki gihembwe cy’ihinga nta kintu tuzasarura , nkongwa iragenda ikarya igihimba cy’ikigori ukabona kiraguye, ubundi ikarya amababi kugeza umurimo wose urangira twifuza ko Leta yashyiraho ingamba ziksze zo guca burundu iyi nkongwa mu butaka.”

Abahinzi b’ibigori Gakenke bavuga ko mu gihe cy’ibagara bagenda batoragura Nkongwa (foto Nirembere)

Umuyobozi w’akarere ka Gakenke  Nzamwita Deogratias   na we ashimangira koko  ko  aka  gakoko  bita nkongwa gakunze kwibasira igihingwa cy’ibigori, ariko ngo hari ingamba.

Aragira ati: “ Ni byo koko agakoko ka Nkongwa gakunze kwibasira imirima y’ibigori, ariko kuri ubu ku bufatanye n’izindi nzego hari ingamba zafashwe zirimo  gutera umuti  ndetse  n’ubundi buryo bushoboka hagamijwe guhangana n’aka gakoko, aha navuga guhinga imbuto y’indobanure, no gusaba abahinzi kujya basura imirima yabo inshuro nyinshi kugira ngo bakumire nkongwa itarakwira umurimo wose.”

Iyo ibigoro bimaze gufatwa bigenda birandurwa kugeza ubwo mu murima hasigaramo mbarwa (foto Nirembere).

Ikibazo cya nkongwa yibasira igihingwa cy’ibigori    si muri aka karere ka Gakenke kigaragaye  gusa  , kuko no mu bindi bice bitandukanye by’igihugu   abahinzi b’ibibigori  bagiye bumvikana bataka igihombo  baterwa  na nkongwa idasanzwe yatangiye kwibasira ibigori hirya no hino mu gihugu  mu mwaka wa 2017. Icyo gihe iyo nkongwa yatangiye kwibasira ibigori bikimera, ariko  Leta ifatanyije n’inzego zitandukanye zirimo n‘Ingabo z’igihugu baza gufasha  abahinzi kurwanya iyo nkongwa maze  batera imiti mu bigori

 

 

 789 total views,  2 views today