Burera:Barwanirisahu amaze umwaka asiragira  ku cyangombwa  cy’ubutaka

  Yanditswe na Setora Janvier

Umwaka urihiritse umuturage witwa  Barwanirisahu Innocent  wo mu mudugudu wa Cyivugiza, akagari ka Nkumba, umurenge wa Kinoni mu karere ka Burera , aguze akanahererekanya  uburenganzira ku butaka na Manishimwe Emmanuel wamugurishije imbere ya Noteri , none kugeza na n’ubu akaba agisiragira ku cyangombwa

Ni ikibazo uyu muturage Barwanirisahu Innocent yagejeje ku biro by’ubutaka mu karere ka Burera bakamutera utwasi ko nta cyangombwa cye kiri kigaragara muri iyo serivisi nkuko umwe mubakozi muri serivisi y’ubutaka mu karere ka Burera Bwana Afurika  Jean Marie Vianney ku murongo wa Telefoni yabitangarije umunyamakuru wa Rwandayacu.com.

Agira ati ” Icyo cyangombwa muvuga ntakigeze kinjizwa muri Système ubwo mwabibariza ku murenge wa Kinoni”

Icyangombwa cy’ubutaka bwahererekanijwe

Nkuko bigaragara mu byangombwa byose Rwandayacu.com  ifitiye Kopi, Manishimwe Emmanuel yiyujurije inyandiko isaba ihererekanya ry’uburenganzira ku butaka  rishingiye ku bugure (Form 13.a) yo kuwa 24/09/2021 isinywaho nawe ubwe nk’ugurishije n’uguze Barwanirisahu Innocent n’umugore we Nyirahirwa Béatrice ndetse binashyirwaho umukono n’ibirango bitukura na Noteri mu by’ubutaka mu murenge wa Kinoni Twajamahoro Evode nk’uko bigaragara ku  ipaji ya 4 Rwandayacu.com  ifitiye Kopi.

Ipajji ya 4 yo kwa Noteri mu ihererekanya ry’ubutaka (foto Setora Janvier)

Bivugwa ko ubu butaka bubaruye kuri UPI 4/04/09/03/6215 buherereye mu mudugudu wa Cyivugiza, akagari  ka Nkumba mu murenge wa Kinoni ngo haba hari n’abandi babufiteho uruhare, gusa umunyamakuru wa Rwandayacu.com ubwo yakoraga iyi nkuru yavuganye na Noteri Twajamahoro Evode amubwira ko ibyo yakoze nka Noteri , yabikoze ashingiye ku mategeko anagendeye kubyasabwaga impande zombi.

Agira ati ” Ibyo nakoze, naabikoze nshingiye ku mategeko ndetse ngendeye no kubyangombwa byasabwaga abahererekanyaga uburenganzira ku butaka ndetse n’ibyangombwa byose namaze kubishyira muri sisitemu y’ubutaka (Système)  ku buryo aho wabishakira hose n’igihe icyo aricyo cyose wabisangamo.”

Ibi ni nabyo biboneka ku cyemezo Nomero B2109241416557USK Rwandayacu.com ifitiye Kopi aho bigaragra na none ko uwitwa Manishimwe Emmanuel ufite ID No 1198980114229111 yagiranye ubugure na Barwanirisahu Innocent ufite  ID No 1197280059179037 n’umugore we Nyirahirwa Béatrice ufite ID No 1197570061925023 ku butaka bufite UPI 4/04/09/03/6215 ndetse n’ingano (ubuso) ya 3780.

Mu gushaka kumenya icyo Umunyamabanga nshingwabikorwa  w’umurenge wa Kinoni  Madame  Nyirasafari  Mariya abivugaho  nk’umwe mu bagize  njyanama y’umurenge  yabwiye Rwandayacu.com  ko impamvu Barwanirisahu Innocent adahabwa icya ngombwa cye ,

Agira ati ” Twasanze ubwo butaka  burimo  amakimbirane  ari nayo mpamvu Barwanirisahu Innocent atahawe icyangombwa cye  ahubwo  tukaba twarasabye  ababifite  inyungu  kuri ubwo butaka  ko bagomba kubutambamira mu rukiko mbere yuko Barwanirisahu Innocent ahabwa icyo cyangombwa .”

Gusa iri tambamira  uyu munyamabanga nshingwabikorwa avuga ryabayeho mu rukiko rw’ibanze rwa Gahunga  mu rubanza No  RC 00140/2021/ TB/ GAH  rwo kuwa  22/ 11/2021, birangira  uwatambamye  muri uru rubanza  ariwe Ndagijimana  Faustin atsinzwe  nkuko bigaragara  mu cyemezo cy’urukiko  n’inyandiko y’irangiza rubanza  yo kuwa  21/01/ 2022 byose  Rwandayacu.com  ifitiye Kopi.

Amategeko avuga iki ku bijyanye n’ihererekanya ry’ubutaka mu Rwanda.

Itegeko N° 27/2021 ryo kuwa  10/06/2021 rigenga ubutaaka mu Rwanda mu ngingo yaryo  ya 17 , havugwamo  iyandikisha ry’ubutaka n’iteshagaciro ryaryo mu gihe  mu ngingo yaryo ya 19, havugwamo  ukuri mpamo  kw’inyandiko zerekeye uburenganzira ku butaka. Nkuko itegeko rikomeza ribiteganya  mu cyiciro cyaryo cya  3, havugwamo  ihererekanya  ry’uburenganzira  ku  butaka mu ngingo yaryo ya 21 ivuga  Uburenganzira  bwo  guhererekanya  uburenganzira  ku  butaka  n’iya 22 ivuga  kwemera  ihererekanya  ry’uburenganzira  ku  butaka  aaho zigira ziti “Ihererekanya ry’uburenganzira ku butaka rikorwa binyuze muri ibi bikurikira: 1º izungura; 2º impano; 3º irage; 4º ikodeshwa; 5º igurishwa; 6º iyatisha; 7º ingurane; 8º gutangwaho ingwate; 9º gutizwa; 10° ubundi buryo ubwo ari bwo bwose bw’ihererekanya hakurikijwe uburyo n’inzira biteganywa n’amategeko”

Ni mu gihe mu ngingo ya 23 havugwamo  ikorwa ry’amasezerano  y’ihererekanya ry’uburenganzira ku butaka  aho igira iti “Amasezerano y’ihererekanya ry’uburenganzira ku butaka akorwa mu nyandiko ishyirwaho umukono n’abahererekanya uburenganzira ku butaka, akemezwa kandi agahamywa n’umukono wa noteri w’ubutaka cyangwa undi munoteri ubihererwa uburenganzira n’umubitsi mukuru w’inyandikompamo z’ubutaka.”

Ubwo  Rwandayacu.com  yakora iyi nkuru , byari mu gihe  Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu  Hon. Gatabazi Jean Marie Vianney  afatanije  n’izindi nzego z’imutekano ( Minisiteri y’ ingabo n’iy’umutekano )  bahuriye hamwe  basuzuma  ibibazo bibangamiye  abaturage mu iterambere ryabo  ariko  by’umwihariko  batunga agatoki  Serivisi  zitangirwamo ibya ngombwa  by’ubutaka mu gusiragiza abaturage  , akenshi bikarangira iryo siragizwa  rivuyemo gutanga ruswa.

 

 1,954 total views,  2 views today