Amajyaruguru : Bungutse ikipe nshya y’umukino w’Amagare ” Musanze Cycling Club”

Yanditswe na Ndayambaje Jean Claude

Kuri  wa Gatandatu tariki ya 10 Ukwakira, 2020 mu karere ka Musanze  hatangijwe ku mugaragaro ikipe nshya y’umukino w’Amagare yitwa Musanze Cycling Club(MCC) , iki gikorwa kikaba cyashimishije abayobozi b’inzego zinyuranye zo mu ntara y’Amajyaruguru ndetse n’abaturage bayo.

Umuyobozi w’akarere ka Musanze w’ungirije ushinzwe iterambere ry’ubukungu,  Rucyahana Mpuhwe Andrew,   avuga ko iyi kipe ya( MCC) iziye igihe ndetse ashimangira ko kuba akarere ka Musanze  katari gafite ikipe cyari ikibazo yagize gikomeye

Yaagize ati: “kuba tutari dufite ikipe y’Amagare mu karere ka Musanze cyari ikibazo ubu rero ni nyungu mu karere ka Musanze kuba twungutse , uyu ni umukino utanga amahirwe ku bana  ndetse ukabinjiriza n’amafaranga  ndetse natwe tuzabashyigikira abagize igitekerezo cyo gushinga  MCC , nkaba nsaba  urubyiruko gukomeza kurangwa n’ikinyabupfura  birinda kujya   mu bintu bishobora kubakururira ingorane ahubwo bakitabirira ibishobora
kubagirira akamaro.

Perezida wa Musanze Cycling Club (MCC), Bizimana Festus avuga ko baje gukemura ikibazo cyo kuba mu karere  Musanze nta kipe y’umukino w’Amagare  yari ihari kandi ari igicumbi cy’amagare ku rwego rw’igihugu ndetse n’ubukerarugendo

Yagize ati”Tuje gukemura ibibazo , twongera umubare w’abakinnyi , tuje gufasha urubyiruko kandi dufite ubushake na gahunda, kugira ngo ukina  uyu mukino w’amagare umugirire akamaro, ubu MCC itangiranye n’abakinnyi 6 ariko mu minsi irimbere tuzashakisha izindi mpano muri Musanze (Talent detection) dufite intego yo kurangiza uyu mwaka tugeze kubakinnyi 15 ndetse harimo n’abakobwa nka 5”.

Mukazibera Maria Agnes akaba Visi Perezida wa mbere mu ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku  magare  nu Rwanda(Ferwacy) ,avuga ko bishimiye  cyane kuba Bungutse ikipe nshya byumwihariko mu karere ka Musanze, umujyi w’ubukerarugendo

Yagize ati”Urabona Musanze ifite ikintu cy’ubukerarugendo;   bigaragara ko iyo ubihuje na siporo byarushaho  kuba byiza, iyi kipe rero “MCC” iradufasha  guhuza siporo n’ubukerarugendo, nkaba nshimira abagize igitekerezo cyo gushinga iyi kipe ndetse nsaba akarere kuzakomeza gushyigikira  iyi kipe”.

Abayobozi banyuranye mu ntara y’Amajyaruguru bishimiye iki gikorwa (foto Rwandayacu.com)

Guverineri w’intara y’Amajayaruguru Gatabazi Jean Marie Vianney, wari umushyitsi mukuru muri uyu muhango atangiza ku mugaragaro (MCC)yavuze ko Kuba Musanze ari ikicaro gikuru  cy’Amagare bitumvikana uburyo itari ifite ikipe iyihagararira mu marushanwa

Yagize ati”Nta mpamvu nimwe twasobanura ko tudafite ikipe mu marushanwa kandi Musanze ari igicumbi cy’amagare , niyompamvu twifuje ko hano i Musanze habaho ikipe ndetse,  ndashimira Festus n’abagenzi be bashinze iyi Musanze Cycling Club (MCC) ndetse hashobora kuzavuka n’andi makipe binyuze mu bikorera  tukajya tubona amakipe ahagarariye Musanze mu marushanwa”.

Iyi Musanze Cycling Club ni yo ivutse bwa mbere muri aka karere ka Musanze, igamije guteza imbere siporo y’amagare ariko biteganijwe ko hazagenda havuka andi makipe.

 2,523 total views,  4 views today