Amakuru

Kigali: Njyanama y’umugi wa Kigali yafashe ikemezo ko utazambara agapukamunwa azacibwa amande 10.000.

  1. Yanditswe na Bagabo Eliab
  2. Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali iratangaza ko yafashe ikemezo cyo guhana abatubahirije ingamba zo kwirinda ikwirakwizwa ry’icyorezo cya koronavirusi mu Mujyi wa Kigali;aho uzajya afatwa atambaye agapfukamunwa neza hakurikijwe uko inzego z’Ubuzima zabigennye azajya ahanishwa ihazabu y’amafaranga ibihumbi 10 hakiyongeraho gushyirwa ahabugenewe akahamara amasaha 24.
  3. Uretse kandi aya amabwiriza Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwashyizeho kandi  hanemejwe  ibihano bizajya bihanishwa abatubahirije amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya Koronavirusi mu Mujyi wa Kigali.
  4. Umwana urengeje imyaka ibiri uzajya afatwa atambaye agapfukamunwa, umubyeyi we azajya acibwa amafaranga ibihumbi 10.
  5. Kutubahiriza intera yagenwe hagati y’umuntu n’undi, buri wese utayubahirije azajya acibwa amafaranga ibihumbi 10.
  6. Mu mugi wa kigali abaturage bazajya bacibwa amande ya 10,000 ku batubahiriza amabwiriza ya Covid (foto Imvaho Nshya).
  7. Kutemera kwishyurwa hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga, utabyemeye azajya yishyura ibihumbi 25, hakiyongeraho gufungirwa ibikorwa by’ubucuruzi kugeza igihe yubahirije uburyo bwo kwishyurwa hakoreshejwe ikoranabuhanga.
  8. Uzafatwa yarengeje igihe cyagenwe nta burenganzira abifitiye, azajya acibwa ibihumbi 10 hiyongereho gushyirwa ahabugenewe mu gihe cy’amasaha 24.
  9. Ikigo kizafatwa kirimo gukoresha abakozi barenze abateganijwe nkuko biteganywa n’amabwiriza ya Guverinoma, ikigo kizajya kishyura ibihumbi 150, hiyongeraho guhagarika ibikorwa byacyo kugeza cyubahirijwe amabwiriza.
  10. Gutwara umugenzi kuri moto atambaye agatambaro bizajya bihanishwa amafaranga ibihumbi 25, ikinyabiziga kigafungwa mu gihe kitarenze iminsi itanu.
  11. Uzafatwa atwaye umugenzi ku igare azacibwa amafaranga ibihumbi 3, utwawe yishyure ibihumbi 2. Utwaye igare n’utwawe bazashyirwa ahabugenewe mu gihe cy’amasaha 24, igare risubizwe nyiraryo mu gihe kitarenze iminsi 7.
  12. Uzafatwa atwaye ikinyabiziga yarengeje umubare w’abagenzi bemewe, azajya acibwa ibihumbi 25, ikinyabiziga gifungwe iminsi 5.
  13. Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali butangaza kandi ko umuntu uzashyirwa ahabugenewe ibizajya bimugendaho mu mibereho ye byose azajya abyiyishyurira.